sangiza abandi

APR BBC yongeye kuburira itsinzi imbere ya Perezida KagameĀ 

sangiza abandi

Perezida Paul Kagame, yitabiriye umukino wahuje APR BBC n’ikipe ya Al Ahli Tripoli yo muri Libya, mu rugendo rwo gushaka itike y’imikino ya nyuma ya Basketball Africa League (BAL).

Uyu mukino wabaye kuri uyu wa gatandatu, tariki ya 24 Gicurasi 2025, wari uwa gatanu mu yo mu Itsinda rya Nile Conference, mu mikino yo gushaka itike y’imikino ya nyuma ya (BAL) igiye kuba ku nshuro ya gatanu, muri Afurika y’Epfo.

Ni umukino APR bBC yagerageje gukina neza, cyane ko yari imbere y’ibihumbi by’abafana barimo n’Umukuru w’Igihugu, gusa umukino waje kurangira bidatagenze neza kuri APR BBC.

Mu minota ya nyuma y’umukino, wari ugeze ahakomeye, abakinnyi barimo Obadiah Noel wa APR BBC n’umunyamerika Jaylen Adams wa Al Ahli Tripoli bahanganiye amanota birangira iyi kipe yo muri Libya itsinze ibitego 106-104 APR BBC.

Iyi ntsinzi yahise ihesha ikipe yaĀ Ā Al Ahli Tripoli yo muri Libya itike yo kwerekeza mu mikino ya nyuma ya BAL 2025, izabera muri Afurika y’Epfo.Ā 

Custom comment form

Amakuru Aheruka