Amakuru

Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bwagaragaje ko imyemerere ishingiye ku idini igira uruhare mu gufata icyemezo cyo kwisiramuza ku bagabo.
Kuri uyu wa Gatatu, abanyarwanda 108 bari barahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) batahutse mu gihugu cyabo banyuze ku mupaka wa Rusizi ya Mbere.
Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) yatangaje ko ryinjije mu gisirikare cyaryo abasirikare bashya 9,318 barangije amahugurwa yihariye ya gikomando, mu muhango wabereye i Tchanzu, muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y'amajyaruguru, kuwa 20 Nyakanga 2026.
Nyuma yo gutanga ibyishimo mu myaka yashize, itsinda rya Urban Boyz ryari rigizwe na Safi, Nizzo na Humble Jizzo ryongeye guhurira hamwe mu gihe ryitegura kongera gutaramira abantu i Rubavu tariki 1 Kanama 2026 mu bitaramo bizenguruka Igihugu bya MTN Iwacu Muzika Festival bitegurwa na East African Promoters (EAP).
Itsinda ry’Impuguke rigize urwego rw’ubugenzuzi bwa IAEA buzwi nka Integrated Nuclear Infrastructure Review Mission for Research Reactors (INIR-RR), ryemereye u Rwanda gukomeza mu bindi byiciro bisigaye kugira ngo rwubake ikigo cy’ubushakashatsi no gukora imiti byifashisha ikoranabuhanga ry’ingufu za nucléaire.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Nyakanga 2026 ikipe ya Vipers SC yo muri Uganda yageze mu Rwanda aho yitabiriye irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026.
Ubushakashatsi bwakozwe na  National Institutes of Health (NIH) bugaragaza ko gutura mu mijyi yiganjemo ubucucike byongera ibyago byo kurwara stroke ku kigero kiri hagati ya 20% na 70% ugereranyije n’abatuye mu bice by’icyaro.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, yagaragaje ko Afurika ikwiye kongera imbaraga mu ishoramari ry’ubuzima, guteza imbere ubwisungane mu kwivuza no gushyira imbaraga mu kwikorera imiti n’inkingo.
Perezida wa Santarafurika, Faustin Archange Touadéra, yambitse imidari y’ishimwe Abasirikare b'u Rwanda bagize RWANBATT-15 bari mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santarafurika.
Inteko Rusange y'Umutwe w'Abadepite yatoye amategeko ajyanye no kwemeza burundu amasezerano yerekeye impano n'inguzanyo agamije guteza imbere inzego zitandukanye zirimo ubuvuzi, ubuhinzi, kurwanya ibyorezo no guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.