IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ndetse n’umunyeshuri uri gusoza amasomo ya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Itumanaho. Afite ubunararibonye mu kwandika inkuru,. Afite umwete n’inyota yo kuba umunyabigwi mu itangazamakuru.Ubu, akorera ku UMUNOTA.COM. Intego ye ni ugukoresha impano n’ubumenyi afite mu guteza imbere itangazamakuru rifite ireme no kugeza ku baturage amakuru abafitiye akamaro.Email: [email protected] Tel: 0785580314

Inteko Rusange y'Umutwe w'Abadepite yatoye amategeko ajyanye no kwemeza burundu amasezerano yerekeye impano n'inguzanyo agamije guteza imbere inzego zitandukanye zirimo ubuvuzi, ubuhinzi, kurwanya ibyorezo no guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.
Sosiyete y’Ubwikorezi bwo mu Kirere ikorera muri Oman, SalamAir, yatangiye ku mugaragaro ingendo zayo zerekeza i Kigali mu Rwanda,  zitezweho kwagura imigenderanire hagati y’ibihugu byombi, guteza imbere ubukerarugendo, ubucuruzi n’ishoramari.
Umunyemari Bill Gates, washinze  akaba n’Umuyobozi wa Gates Foundation, yasuye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukusanya no gusesengura amakuru y’Ubuzima hakoreshejwe ubwenge buhangano (National Health Intelligence Center - NHIC).
Kaminuza y’u Rwanda (UR) yaje  muri eshanu zagize uruhare mu guteza imbere uburezi ku Mugabane wa Afurika, ihembwa asaga miliyari 4,3 Frw mu bihembo bya Africa Higher Education for Transformation (AHEFT) Prize byatanzwe n’Umuryango Imbuto Foundation.
Perezida Kagame akaba na Chairman w’Umuryango FPR Inkotanyi, yasabye abanyamuryango kubanza kwiyubaka no kubaka igihugu bashora imbaraga mu bikorwa biramba, bityo uwinezaza akaba afite ibyo yagezeho aho kwinezeza gusa ntacyo urageraho.
Abanyarwanda babiri bakekwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bafashwe n'inzego z'ubutabera za Canada n'u Budage mu bihe bitandukanyu, nyuma y'igihe kinini bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi.
Minisitiri w'Uburezi, Joseph Nsengimana, yashimangiye ko u Rwanda rwiyemeje gushyira imbaraga no gushora imari mu kubaka urwego rw'uburezi no kuruvugurura, mu rwego rwo guha buri mwana amahirwe kubona uburezi kandi bufite ireme.
Umuyobozi w'Ishami rishinzwe kurwanya Virusi itera SIDA mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Dr Basile Ikuzo, yasobanuye ko abari munsi y’imyaka 35 ari bo bafite umubare munini wandura Virusi itera SIDA kuko bihariye 60% ugereranyije n’ibindi byiciro.
Ibyamamare mu myidagaduro Nyarwanda barimo Anita Pendo, Mutesi Jolly, Uwase Muyango, The Ben, Bruce Melodie, Ashton Small n’abandi, batangajwe nk’abahatanye mu bihembo Africa Content Creator Awards 2026.