Ubukungu

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB, cyatangaje ko kuva ku wa 24 kugera ku wa 29 Gicurasi 2026, ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherejwe mu mahanga byinjirije u Rwanda arenga miliyari 17,3 Frw, avuye muri toni 8,869.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda yasabye ba rwiyemezamirimo bahawe ibibanza mu byanya by’inganda kubyubaka bitaba ibyo bakabyamburwa kuko bibangamira abandi bashaka kubibyaza umusaruro.
Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva Justin yitabiriye umuhango wo gufungura ku mugaragaro inama ngarukamwaka ya ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere yabereye i Brazzavilles.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA) cyatangaje ko imirimo yo kwagura no kuvugurura umuhanda Nyange-Muhanga igeze kuri 91.5% ushyirwa mu bikorwa.
Ingufu za Nucléaire zishobora kwifashishwa mu bintu byinshi nko mu gutanga amashanyarazi, mu buvuzi cyane ubw’indwara zikomeye nka kanseri kuko imirasire yazo ariyo yifashishwa mu kuyishiririza, mu bijyanye n’umutekano kuko nko mu byuma bisaka arizo zikoreshwa cyangwa se mu gukora intwaro.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko ibicuruzwa u Rwanda rwohereje mu mahanga ibicuruzwa bipima toni 10.154 byarwinjirije arenga miliyari 21 Frw mu minsi itanu.
U Rwanda na Tanzania byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ingufu azafasha ibihugu byombi kuzamura ubukungu, guteza imbere inganda no guhindura imibereho y’abaturage.
Abakuru b’ibihugu byo muri Afurika bagaragagaje ko uyu mugabane ukeneye ubufatanye mu by’ishoramari kugira ngo ubyaze umusaruro ingufu za nikeleyeri mu buryo bufatika.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka