Politiki

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n'u Rwanda byongeye gushimangira ubushake bwo gukomeza gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Washington amaze umwaka ashyizweho umukono ku rwego rwa ba Minisitiri.
Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko bafite ubushobozi abasaba kutisuzuguza imbere y’abandi kuko ntamuntu numwe udafite ikintu atanga.
Perezida Paul Kgame akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryano wa RPF-Inkotanyi yasabye abayobozi mu nzego zitandukanye kujya bibwiza ukuri bakareba niba inshingano bahawe gukorera abaturage bazuzuza uko bikwiye avuga ko iyo bidakozwe bigira ingaruka ku gihugu ndetse no kuri bwite.
Kuri uyu wa 15 Nyakanga 2026, Perezida Paul Kagame yashyizeho Abanyamabanga bashya muri Minisiteri ya Siporo no muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane yashimiye Belén Calvo Uyarra wasoje inshingano zo kuba  Ambasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda.
Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagore n’Abagabo mu Mutwe w’Abadepite iri mu ngendo mu gihugu hagamijwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa rya Politiki y’Igihugu yo Kwegereza Ubuyobozi n’Ubushobozi Abaturage yo mu 2021.
Depite Chistine Mukabunani avuga ko hari kugaragara ikibazo cy'imbuga nkoranyambaga zisigaye zivuga ku bantu maze bwacya ukumva ngo ba bantu bafunzwe, agaragaza impungenge z'igututu izi mbuga nkoranyambaga zisa n'izishyira ku butabera.
Perezida Kagame yagaragaje ko Ikoranabuhanga ry'ubwenge buhangano (AI) rifite ubushobozi bwo guhindura imibereho y'abantu no guteza imbere ubukungu ariko ko bisaa ko ryubakw aneza ku mugabane wa Afurika n’ahandi hose ku isi.
Abadepite basabye Minisiteri y'Ubutabera kongera imbaraga mu kwihutisha imanza kuko ubutabera butinze buba butakiri ubutabera, bitsa cyane ku ifungwa ry’iminsi 30 y’agateganyo ikunze kuviramo bamwe kumara igihe kinini bafunzwe nta dosiye.
Itsinda riyobowe na Brig Gen Louis Kanobayire, Umuyobozi Mukuru ushinzwe amahugurwa n’uburezi mu Ngabo z’u Rwanda, riri i New Delhi mu Buhinde, aho ryitabiriye inama ya kabiri ya Komite ihuriweho y’u Rwanda n’u Buhinde ishinzwe ubufatanye mu bya gisirikare.