Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Shampiyona y’u Rwanda ya BK Pro League 2026/27 yatangiye ku wa Gatandatu tariki ya 5 Nzeri 2026, aho Amagaju FC yatangiye neza atsinda Etoile de l’Est mu gihe  Kiyovu Sports yatangiye nabi itsindwa na Gorilla FC naho Etincelles FC na Sunrise FC zigwa miswi.
Umuhanzi w’Umunya-Nigeria Divine Joshua Ikubor uzwi nka Rema, uri mu bakomeye mu njyana ya  Afrobeats, yatanze ibyishimo bisendereye ku bihumbi by’abakunzi b’umuziki bari muri BK Arena mu gitaramo cyaherekeje umuhango wo Kwita Izina wabaye ku wa Gatanu.
Perezida Paul Kagame yakiriye abayobozi n’abashoramari bitabiriye umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi 22 wabaye ku nshuro ya 21, bagirana ibiganiro ku ngingo zitandukanye.
Ministeri y’Ububanyi n’Amahanga ya Oman yatangaje ko kuva ku wa Mbere tariki ya 7 Nzeri 2026, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda azahagirira uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri rugamije gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Urwego rw’Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB), rwerekanye abantu 39 bo mu Turere dutanu bakurikiranyweho kugira uruhare mu gukopeza abanyeshuri ibizamini bya Leta byo mu mashuri abanza mu mwaka wa 2026/2027.
Rayon Sports yatangiye urugendo rwayo muri CAF Confederation Cup 2026/27 ibona inota rimwe muri Cameroun, nyuma yo kunganya na Panthère Sportive du Ndé yo muri Cameroun igitego 1-1 mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze.
Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye muri Village Urugwiro bamwe mu banyacyubahiro n’ibyamamare bitabiriye umuhango wo Kwita Izina wabaga ku nshuro ya 21, aho abana b’ingagi 22 ari bo biswe amazina.
Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwatangaje ko umubare w’urubyiruko rw’imyaka iri hagati ya 18 na 30 rwakurikiranyweho ibyaha wagabanutseho 11% mu mwaka w’ubucamanza wa 2025/26, ugereranyije n’umwaka wari wabanje.
Perezida Paul Kagame, yagiranye ibiganiro na Visi Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi (IFAD), Dr. Gérardine Mukeshimana, ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe rushinzwe Iterambere (AUDA-NEPAD), Nardos Bekele-Thomas ku guteza imbere ubuhinzi muri Afurika
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ubushake bwa politiki, gushora imari mu rwego rw’ubuhinzi hibangwa ku rubyiruko rufite ibitekerezo ariko rudafite igishoro no kumenya ahari icyuho muri uru rwego byaba igisubizo cyatuma umugabane wa Afurika wihaza mu biribwa ukareka gukomeza kwishyingikiriza ku musaruro utumizwa hanze yawo.