Uburezi

Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette yavuze ko abanyeshuri bafite ubumuga bari mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, bari gufashwa byihariye ngo bakore neza kimwe n’abandi asaba abarezi gushyiraho akabo.
Minisiteri y'Uburezi (MINEDUC), ibinyujije mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ibizamini n'Ubugenzuzi bw'Amashuri (NESA), batangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza (PLE) by'umwaka w'amashuri wa 2025/2026.
Mu kiganiro yagiranye na Tereviziyo y’u Rwanda, Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze, Dr Flora Mutezigaju, yagarutse ku iterambere ry’Urwego rw’Uburezi ukurikije uko rwari ruhagaze mbere na nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umushakashatsi akaba n’umwanditsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Yolande Mukagasana, yamurikiye urubyiruko igitabo yise “Umurage w’Urubyiruko”, kibumbatiye amateka ashaririye y’u Rwanda bakwiye kumenya no gusobanukirwa.
Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana yabwiye aba ofisiye 38 basoje amasomo mu ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda ko kurangiza amasomo atari iherezo ry'inzira yo kwiyungura ubumenyi, ahubwo ari intangiriro y’urugendo rushya rwo kurinda umutekano
Minisitiri w'Uburezi, Nsengimana Joseph, yatanze impamyabumenyi z'Icyiciro cya mbere cya Kaminuza n'iz'Icyiciro cya gatatu cya Kaminuza ku bapolisi 38 barimo Abanyarwanda 23 na 15 baturutse mu bihugu by'amahanga barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Polisi y'u Rwanda
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), Dr Bernard Bahati, yagaragaje ko hakiri ikibazo gikomeye mu mashuri abanza aho mu ndimi abana bashora gusoma ariko ntibabashe kumva ibyo basoma.
Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko mu myaka ibiri ishize hatangijwe gahunda yo guhera abana ifunguro rya saa sita ku ishuri, hamaze gukusanywa Miliyoni 976 Frw zo gushyigikira iyi gahunda.
Mu Rwanda rwatangije umushinga ugamije kwigisha amateka ya Jenoside hifashishijwe inzibutso by'umwihariko izashyizwe mu murage w'Isi
Bamwe mu banyeshuri bo ku kigo cy'amashuri abanza cya Mushirarungu giherereye mu murenge wa Rwabicuma ho mu karere ka Nyanza  baravuga ko babangamiwe n’inkoni bakubitwa n’abarimu mu gihe baba batarabona amafaranga asabwa y’ifunguro ku ishuri.