Uburezi

Komisiyo ya Sena y’imibereho y’abaturage, uburezi, ikoranabuhanga n’urubyiruko yagaragaje ko n’ubwo hakiri intambwe nziza igenda iterwa mu ihangwa ry’umurimo, hagikenewe ibiganiro no guhuza inyigisho n’isoko ry’umurimo. 
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye abasoje amasomo muri Politekiniki y’u Rwanda, gukoresha ubumenyi n’ubushobozi bayivanyemo, mu kuzana impinduka zifatika muri sosiyete, bahanga udushya n’imirimo ibafitiye inyungu n’Igihugu muri rusange.
Abanyeshuri biga mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro (Rwanda Polytechnic ) mu makoleji atandukanye, bahuriye i Kigali mu marushanwa y’imishinga itandukanye.
Raporo y'Ubugenzuzi Bukuru bw'Imari ya Leta bw'umwaka w'ingengo y'imari warangiye tariki 30 Kamena 2025, igaragaza ko hakiri icyuho gikomeye ku mikoreshereze y'ibitabo Leta iba yatanze mu mashuri kuko bikoreshwa ku kigero kiri hasi cyane ibishobora guhungabanya ireme ry'uburezi.
Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yasabye amashuri makuru mu Rwanda guhuza ubumenyi n’ubushobozi aha abanyeshuri, n’ibikenewe ku isoko ry’umurimo no mu iterambere ry’igihugu.
Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y'u Rwanda, Prof. Didas Kayihura Muganga, yatangaje ko ireme ry'uburezi muri iyi Kaminuza rihagaze neza ku buryo hari abasoza amasomo baramaze kubona imyanya y'akazi ku isoko ry'umurimo.
Ishuri ryisumbuye rya Rwanda Coding Academy ryashyizwe ku rutonde rw’amashuri 50 ya mbere ku Isi ahataniye ibihembo bya miliyoni 1$ mu irushanwa ryitwa Global Schools Prize 2026.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo, Ingabire Paula, yavuze ko hari gusuzumwa ishyirwaho ry'itegeko rikumira abana bari munsi y'imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga.
Kaminuza y’u Rwanda,UGHE, INES Ruhengeri na Aarhus yo muri Denmark, byinjiye mu bufatanye bugamije guteza imbere urwego rw’ubuvuzi mu Rwanda no hanze yarwo.
Minisiteri y’Uburezi, ibinyujije mu kigo gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), yatangaje gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira gusubira ku mashuri mu gutangira igihembwe cya gatatu cy’umwaka w’amashuri wa 2025/2026.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka