Uburezi

Minisiteri y’Uburezi ibinyujije mu kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) yatangije ku mugaragaro ibizamini ngiro (Practical Exams) ku bakandida 74,085 basoza ayisumbuye muri uyu mwaka wa 2025/26.
Perezida Paul Kagame yashimiye kaminuza ya Oklahoma Christian University ku ruhare yagize mu iterambere ry’igihugu agaragaza ko yizeye ko ubufatanye hagati y’iyi kaminuza n’u Rwanda bizameza no mu bihe biri imbere.
Minisiteri y’Ibidukikije ifatanyije na Minisiteri y’Uburezi n’abandi bafatanyabikorwa, batangije gahunda yo gutera ibiti by’imbuto birenga ibihumbi 160 mu mashuri atandukanye mu Rwanda, mu rwego rwo gushyigikira ifunguro rihabwa abanyeshuri, no kurengera ibidukikije
Komisiyo ya Sena y’imibereho y’abaturage, uburezi, ikoranabuhanga n’urubyiruko yagaragaje ko n’ubwo hakiri intambwe nziza igenda iterwa mu ihangwa ry’umurimo, hagikenewe ibiganiro no guhuza inyigisho n’isoko ry’umurimo. 
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye abasoje amasomo muri Politekiniki y’u Rwanda, gukoresha ubumenyi n’ubushobozi bayivanyemo, mu kuzana impinduka zifatika muri sosiyete, bahanga udushya n’imirimo ibafitiye inyungu n’Igihugu muri rusange.
Abanyeshuri biga mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro (Rwanda Polytechnic ) mu makoleji atandukanye, bahuriye i Kigali mu marushanwa y’imishinga itandukanye.
Raporo y'Ubugenzuzi Bukuru bw'Imari ya Leta bw'umwaka w'ingengo y'imari warangiye tariki 30 Kamena 2025, igaragaza ko hakiri icyuho gikomeye ku mikoreshereze y'ibitabo Leta iba yatanze mu mashuri kuko bikoreshwa ku kigero kiri hasi cyane ibishobora guhungabanya ireme ry'uburezi.
Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yasabye amashuri makuru mu Rwanda guhuza ubumenyi n’ubushobozi aha abanyeshuri, n’ibikenewe ku isoko ry’umurimo no mu iterambere ry’igihugu.
Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y'u Rwanda, Prof. Didas Kayihura Muganga, yatangaje ko ireme ry'uburezi muri iyi Kaminuza rihagaze neza ku buryo hari abasoza amasomo baramaze kubona imyanya y'akazi ku isoko ry'umurimo.
Ishuri ryisumbuye rya Rwanda Coding Academy ryashyizwe ku rutonde rw’amashuri 50 ya mbere ku Isi ahataniye ibihembo bya miliyoni 1$ mu irushanwa ryitwa Global Schools Prize 2026.