Inkuru Nshya

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) rwatangaje ko rusoje ibiganiro birebana n’ibimenyetso mu rubanza rwa lieutenant-général Philémon Yav Irung uregwa ubugambanyi,rutegeka ko iburanisha ritangira kuwa 5 Gicurasi.
Umuhanzi w’injyana gakondo y’umuziki Nyarwanda, Jules Sentore yatangaje ko agiye gukora igitaramo cyo kumurika ku mugaragaro Album ye aheruka gushyira hanze yise ‘Umudende’.
Mu gihe ibiganiro bikorwa mu ibanga rikomeye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika iri kuganira na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku buryo bwo kwimurirayo impunzi zirenga 1.100 z’Abanya Afghanistan, zakoranye n’ingabo za Amerika mu ntambara yarwanaga n’aba Taliban.
U Rwanda na Uganda byasinyanye amasezerano y'ubufatanye mu kubaka ubudahangarwa bwo guhangana n'ibyorezo, guhugura abakozi bo mu rwego rw'ubuvuzi no gushyira hamwe mu bikorwa by'ingenzi mu rwego rw'ubuzima.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ibikorwaremezo yatangajeko mu rwego rwo kongera ubudahangarwa bw’igihugu no kudahora mu kubangamirwa n’ibiciro kubera ibikomoka kuri petrole,hari gahunda yo gukoresha amashanyarazi hose aho bishoboka harimo n’imodoka na moto mu gihe kiri imbere zose hazajya hinjira mu gihugu ibikoresha amashanyarazi gusa.
Abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru ry’Ingabo z’u Rwanda rishinzwe amahugurwa y’aba Ofisiye bakuru (RDFSCSC), Icyiciro cya 14, bari mu rugendoshuri rwo kwiga ku Rugamba rwo Kubohora Igihugu.
Urwego rw’igihugu Ngenzuramikorere (RURA) Ishami rishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, ruri muri gahunda yo gukemura ibibazo bigaragara mu rwego rw’isuku n’isukura harimo ikibazo cy’igiciro cyo gutwara imyanda ndetse n’ibimoteri bibangamira abaturage bikunze kugaragazwa n’abaturage mu bice bitandukanye.
Mu gihe Jenoside yari irimbanyije, ingabo za RPA zatangaje ko zihagaritse imirwano kugira ngo zirebe ko ubwicanyi bwahagarara ariko icyo cyemezo giteshwa agaciro na Leta yakoraga Jenoside.
Minisitiri Mukazayire yagaragaje ishema u Rwanda rutewe no kwakira irushanwa ry'amakipe akomeye muri Afurika Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yavuze ko kwakira Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball (CAVB Menʼs Club Championship 2026) , byerekana icyerekezo cy'u Rwanda cyo kuba igicumbi cyo kwakira ibikorwa birimo na siporo.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka