Inkuru Nshya

Mu gihe ibiganiro bikorwa mu ibanga rikomeye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika iri kuganira na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku buryo bwo kwimurirayo impunzi zirenga 1.100 z’Abanya Afghanistan, zakoranye n’ingabo za Amerika mu ntambara yarwanaga n’aba Taliban.
U Rwanda na Uganda byasinyanye amasezerano y'ubufatanye mu kubaka ubudahangarwa bwo guhangana n'ibyorezo, guhugura abakozi bo mu rwego rw'ubuvuzi no gushyira hamwe mu bikorwa by'ingenzi mu rwego rw'ubuzima.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ibikorwaremezo yatangajeko mu rwego rwo kongera ubudahangarwa bw’igihugu no kudahora mu kubangamirwa n’ibiciro kubera ibikomoka kuri petrole,hari gahunda yo gukoresha amashanyarazi hose aho bishoboka harimo n’imodoka na moto mu gihe kiri imbere zose hazajya hinjira mu gihugu ibikoresha amashanyarazi gusa.
Abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru ry’Ingabo z’u Rwanda rishinzwe amahugurwa y’aba Ofisiye bakuru (RDFSCSC), Icyiciro cya 14, bari mu rugendoshuri rwo kwiga ku Rugamba rwo Kubohora Igihugu.
Urwego rw’igihugu Ngenzuramikorere (RURA) Ishami rishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, ruri muri gahunda yo gukemura ibibazo bigaragara mu rwego rw’isuku n’isukura harimo ikibazo cy’igiciro cyo gutwara imyanda ndetse n’ibimoteri bibangamira abaturage bikunze kugaragazwa n’abaturage mu bice bitandukanye.
Mu gihe Jenoside yari irimbanyije, ingabo za RPA zatangaje ko zihagaritse imirwano kugira ngo zirebe ko ubwicanyi bwahagarara ariko icyo cyemezo giteshwa agaciro na Leta yakoraga Jenoside.
Minisitiri Mukazayire yagaragaje ishema u Rwanda rutewe no kwakira irushanwa ry'amakipe akomeye muri Afurika Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yavuze ko kwakira Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball (CAVB Menʼs Club Championship 2026) , byerekana icyerekezo cy'u Rwanda cyo kuba igicumbi cyo kwakira ibikorwa birimo na siporo.
Kuri uyu wa 22 Mata 2026 Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yagiranye ibiganiro na Ambasaderi Gilles Cerutti uhagarariye u Busuwisi mu Rwanda byibanze ku gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi.
Umuyobozi ushinzwe imicungire y'ubutaka mu kigo cy'igihugu cy'ubutaka (NLA), Mukarage Jean Baptiste, yavuze ko kuba iki kigo kigira abantu benshi bakigana, bashaka serivisi z'ubutaka, biri mu bituma hari aho zitihuta.