Ikipe ya APR BBC yongeye gusinyisha umukinnyi w’umunyamerika Craig Randall ngo azayifashe mu mikino ya kamarampaka izajyena ikipe izatwara Shampiyona y’u Rwanda ya basketball ari nayo izahagararira u Rwanda mu mikino ya Basketball Africa League (BAL) 2027.
Leonard Craig Randall II w’imyaka 30 yaherukaga mu Rwanda ubwo yafashaga ikipe ya RSSB Tigers BBC mu mikino ya BAL 2026, akayifasha kuyegukana ndetse akanahembwa nk’umukinnyi mwiza w’irushanwa.
Randall yari yagiye muri APR BBC kugira ngo azayikinire mu mikino ya BAL ariko nyuma iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda iza kwikura mu irushanwa aho yasimbujwe RSSB Tigers yari yatwaye igikombe cy’Igihugu, Rwanda Cup 2025.
RSSB Tigers yahise yiyambaza benshi mu bakinnyi bari aba APR BBC ari nako Craig Randall nawe yisanze mu ikipe ya RSSB Tigers ayikinira muri BAL 2026.
Craig Randall siwe mukinnyi APR BBC yongeyemo gusa mbere y’uko imikino ya kamarampaka itangira, kuko yanongeyemo umunya-Senegal Mouhamadou Diagne yugarira (Pivot) kugira ngo azayifashe mu mikino ya kamarampaka.
Kugeza ubu APR BBC irabura umukino umwe kugira ngo irangize imikino isanzwe ya Shampiyona, ari nawo mukino muri rusange ubura kugira ngo imikino ya Shampiyona irangire.
Muri uyu mukino wa nyuma, APR BBC izakina na RSSB Tigers BBC ku wa Gatanu tariki 24 Nyakanga 2026.
Uyu mukino niwo uzagena uko amakipe azakurikirana mu buryo ntakuka kuko amakipe 4 azakina imikino ya kamarampaka yo yamaze kumenyekana, ni APR BBC, Patriots BBC, REG BBC na RSSB Tigers BBC.









