kwibuka

Kuri uyu munsi kandi leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi mu bice bitandukanye hirya no hino mu gihugu
Ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyundo mu karere ka Rubavu habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 imiryango yazimye muri yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yaburiye abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bibwira ko babonye ubuhungiro mu gihugu cyabo.
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Urwibutso rufite agaciro gakomeye kuko rushyira ukuri ku mugaragaro kandi rukabika amateka adashobora kwibagirana ndetse rukarinda ibimenyetso bidashobora guhishwa cyangwa ngo byibagirane.
Ubwo habaga igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi cyabereye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kabgayi mu karere ka Muhanga, hagaragajwe ko Leta mbi yahemukiye abaturage bayo ubwo yaguraga intwaro zo kurimbura Abatutsi,ndetse n’amadini atakarizwa ikizere kuko n’abayahungiyemo bishwe.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, batashye ku mugaragaro Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Mujyi wa Paris.
Umunsi nk’uyu ni bwo uwari Perezida w’inzibacyuho, Sindikubwabo Théodore yandikiye Perezida w’u Bufaransa, François Mitterrand, amushimira inkunga atahwemye guha u Rwanda ndetse amusaba ko yakomeza gutanga ubwo bufasha.
Abayobozi n’abakozi b'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Guteza Imbere Imiturire (Rwanda Housing Authority, RHA) biyemeje gushyira itafari ryabo mu gusigasira amateka yaranze u Rwanda, kurinda ibyagezweho no kurwanya ubugwari nk’ubw’abasenye u Rwanda rwiyubatse ubu.
Umuyobozi mukuru w'urubuga ngishwanama rw'inararibonye mu Rwanda Tito Rutaremara asaba abanyamadini kutavanga Imana na Jenoside yakorewe Abatutsi,kuko nta mana yayihagaritse ahubwo Jenoside yakozwe n’abantu,ikorerwa abantu kandi inahagarikwa n’abantu.
Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascene, yagaragaje uburyo uwari Perezida w'u Rwanda, Habyarimana Juvenal, yagize uruhare rutaziguye mu bikorwa byo kwica Abatutsi na mbere y’uko jenoside itangira.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka