kwibuka

Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu murenge wa Karama ho mu karere ka Huye mu cyahoze ari komini Runyinya,inararibonye Antoine Mugesera yagaragaje ko Leta mbi yashutse abaturage basenya igihugu ariko ubu hari Leta nziza abana bakwiye kwiga amateka meza bakiga kubana mu mahoro hagamijwe gukomeza kubaka igihugu cyiza.
Tariki ya 21 Mata 1994, Akanama ka Loni gashinzwe amahoro ku isi kafashe umwanzuro 912 uhindura inshingano za MINUAR, iyisiga ku izina gusa, ifite abasirikari 250 gusa nyamara, buri munsi Gen Dallaire wayoboraga MINUAR yohererezaga raporo Loni avuga uko ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi mu Rwanda. 
Umwamikazi Rosalie Gicanda yishwe ku itegeko rya Kapiteni Ildephonse Nizeyimana wari mu kigo cya ESO (École des Sous-Officiers). Muri Jenoside, Nizeyimana yafatanije n’abandi basirikari bari mu bwicanyi nka Lt Colonel Muvunyi Tharcisse n’abasirikari bo mu Kigo cya gisirikari cya Ngoma cyayoborwaga na Liyetona Ildefonse Hategekimana na Jandarumuri yayoborwaga na major Cyriaque Habyarabatuma ndetse n’Interahamwe.
Kuri uyu wa Gatandatu, mu kagali ka Kanzenze mu Murenge wa Ntarama ho mu karere ka Bugesera ahahoze ishuri rya Nyirarukobwa, habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi hazirikanwa by'umwihariko imiryango yazimye.
Hagati y’itariki 10 na 17 Mata 1994, Abatutsi bo mu cyahoze ari Komini Maraba bakusanyirijwe muri Kiriziya y’I Simbi ari benshi cyane. Abapolisi batatu aribo Nkuriza, Kanani Antoni na Nyirimana Kaniziyo babanje kuza gucunga impunzi ku Kiliziya ngo hatagira izicika.
Kuri uyu wa Gatanu,umuvugizi w’ingabo z'u Rwanda, Brig Gen Ronald RWIVANGA, yifatanyije n’abakozi b’ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) hamwe n’ibiro by’umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta (OAG) mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyabereye i Kimihurura
Kuri iyi tariki Abatutsi bagera ku 12 000 bari bahungiye kuri Stade Gatwaro ku Kibuye barishwe, maze Interahamwe n’abaturage b’Abahutu bacukura ibyobo rusange babajugunyamo.
Kuri uyu wa Kane, ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Nyange mu karere ka Ngororero,abayobozi ,abaturage, inzego zinyuranye bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko hagarukwa ku bugome bwa padiri Athanase Seromba wishe abatutsi abasenyeyeho Kiliziya
Umuryango wa IBUKA wo mu Bufaransa watangaje ko Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye mu mujyi wa Rouen mu Bufaransa rwangijwe n’abataramenyekana.