Camille Ndikumana

Camille Ndikumana

Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bwa MINUSCA, bahawe imidali y’ishimwe ya Loni mu rwego rwo kubashimira ubwitange, ubunyamwuga n’uruhare bagize mu guteza imbere amahoro n’umutekano muri icyo gihugu
Kuri uyu wa Kabiri abakozi b' Urwego rushinzwe ubwisungane mu kwivuza mu Nzego z'umutekano (MMI) bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 zishyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside  rwa Mugina ruherereye mu Karere ka Kamonyi, mu gikorwa cyo kwibuka.
Kuri uyu wa Kabiri,Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yahagarariye Perezida Kagame, mu Nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma muri Afurika hamwe n’abafatanyabikorwa batandukanye, baganiraga ku ngamba zo guhangana n'Icyorezo cya Ebola. Inama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.
Kuri uyu wa Gatandatu ubwo yifatanyaga n'itorero Presbyterienne mu Rwanda (EPR) n'abaturage b'akarere ka Karongi mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi,Minisitiri w'ubumwe bw'abanyarwanda n'inshingano mboneragihugu Dr. Bizimana yagaragaje uruhare rw'abanyamadini muri Jenoside ,abasaba kwigira ku mateka.
Mu Karere ka Nyamagabe hizihirijwe umunsi mpuzamahanga w'ingo mbonezamikurire z'abana bato (ECD) hashimwa uruhare rwazo mu mu kugabanya igwingira mu bana bato
Umuyobozi mukuru w'urubuga ngishwanama rw'inararibonye mu Rwanda Tito Rutaremara asaba abanyamadini kutavanga Imana na Jenoside yakorewe Abatutsi,kuko nta mana yayihagaritse ahubwo Jenoside yakozwe n’abantu,ikorerwa abantu kandi inahagarikwa n’abantu.
Kuri uyu wa Gatanu, Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse anashyira indabo ku kimenyetso cy’urwibutso rwa Jenoside kiri ku nyubako y’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe.
Bamwe mu batuye umurenge wa Gahunga bo mu karere ka Burera baravuga ko batewe impungenge n’imikorere y’irondo ry’umwuga barishinja kunanirwa guhangana n’ubujura bw’amatungo  bukomeje kubugariza aho n’abagize irondo ubwabo bakekwaho kugira uruhare muri ubwo bujura.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y'u Rwanda CG Felix Namuhoranye, akaba n’umuyobozi mukuru wa komite y’ubujyanama mu bya tekinike (TAC) y'ikigo cy'akarere gishinzwe kugenzura ikoreshwa ry'intwaro nto (RECSA), yafunguye ku mugaragaro Inama ya 17 y’iyo Komite ihuriza hamwe abahagarariye Komite zo mu bihugu binyamuryango bya RECSA.
Umuvugizi w’urwego rw’igihugu rushinzwe igorora CS Sengabo Hillary avuga ko RSC igikeneye abanyamwuga b’abagore kuko nayo igendera ku mategeko mpuzamahanga ariko umubare w’abanyarwandakazi bitabira uyu mwuga ukaba ukiri muto