Guillaume NIYONKURU

Camille Ndikumana

Bamwe mu batuye umurenge wa Gahunga bo mu karere ka Burera baravuga ko batewe impungenge n’imikorere y’irondo ry’umwuga barishinja kunanirwa guhangana n’ubujura bw’amatungo  bukomeje kubugariza aho n’abagize irondo ubwabo bakekwaho kugira uruhare muri ubwo bujura.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y'u Rwanda CG Felix Namuhoranye, akaba n’umuyobozi mukuru wa komite y’ubujyanama mu bya tekinike (TAC) y'ikigo cy'akarere gishinzwe kugenzura ikoreshwa ry'intwaro nto (RECSA), yafunguye ku mugaragaro Inama ya 17 y’iyo Komite ihuriza hamwe abahagarariye Komite zo mu bihugu binyamuryango bya RECSA.
Umuvugizi w’urwego rw’igihugu rushinzwe igorora CS Sengabo Hillary avuga ko RSC igikeneye abanyamwuga b’abagore kuko nayo igendera ku mategeko mpuzamahanga ariko umubare w’abanyarwandakazi bitabira uyu mwuga ukaba ukiri muto
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 22 Gicurasi, abanyeshuri 142 biga mu bigo by'amashuri bitatu bari baherekejwe n'abarezi babo bagiriye urugendoshuri ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.
Abaturage baturiye imipaka ihuza u Rwanda na DRC imaze iminsi ifunze ,basaba ko hashyirwaho ingamba zo kwirinda zishoboka mu gukumira Ebola ariko nanone ntibahagarikirwe urujya n’uruza kuko ari ho bakuraga amahahiro.
Mugihe Taliki ya 18 Gicurasi hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’ingoro z’umurage, ingoro ndangamurage y'amateka y'imibereho y'abanyarwanda iherereye mu karere ka Huye  yasuwe n’abantu 1502 umunsi umwe gusa.
Ba ofisiye bakuru bo mu ngabo z’u Rwanda n'izindi nzego z’umutekano ndetse n'abakozi baturutse muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, bitabiriye amahugurwa kuri Politiki y'imiyoborere y'ingabo.
Kuri iki cyumweru Minisitiri w'ubumwe bw'abanyarwanda n'inshingano mboneragihugu Dr. Bizimana J.Damascene yifatanyije n’abaturage b’akarere ka Kamonyi mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi,ku rwibutso rwa Kamonyi rushyinguyemo Abatutsi basaga ibihumbi 47.
Abasirikare n'abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye i Malakal, muri Sudani y’Epfo, bifatanyije n’izindi ngabo ziri muri ubwo butumwa mu gikorwa cy’umuganda cyo gukuraho ibisigazwa by’ibyuma n’indi myanda mu duce twa Hai Matar na Hai Luakat, aho abaturage bahoze mu nkambi bari kwimurirwa.
Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’u Rwanda ku bufatanye na Kaminuza y’u Rwanda, bateguye inama nyunguranabitekerezo y’umunsi umwe ku mutekano w’igihugu yabereye mu Ishuri rya Gisirikare ry’u Rwanda i Gako.