Mukwaya Olivier

Mukwaya Olivier

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) rwatangaje ko rusoje ibiganiro birebana n’ibimenyetso mu rubanza rwa lieutenant-général Philémon Yav Irung uregwa ubugambanyi,rutegeka ko iburanisha ritangira kuwa 5 Gicurasi.
Mu gihe ibiganiro bikorwa mu ibanga rikomeye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika iri kuganira na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku buryo bwo kwimurirayo impunzi zirenga 1.100 z’Abanya Afghanistan, zakoranye n’ingabo za Amerika mu ntambara yarwanaga n’aba Taliban.
Depite wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Wilson, yagaragaje ko Abanyamulenge bafite impamvu zifatika zo kugaragaza impungenge ku mutekano mucye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma y’imyigaragambyo yabereye i Washington ku wa 20 Mata 2026.
Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC n’umutwe wa AFC/M23 bakomeje gushinjanya kutubahiriza ibyo bumvikanye mu biganiro bimaze iminsi bibera i Montreux mu Busuwisi
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje gushyirwaho igitutu n’amahanga, by’umwihariko Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ziyishinja kudashyira mu bikorwa ibyo yiyemeje isenya umutwe wa FDLR mu rwego rwo kugarura amahoro n’umutekano mu burasirazuba bw’Iki gihugu.
Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch yatabarije abaturage ku kibazo cy’ifungwa ry’inzira z’ubufasha gikomeje kugaragara i Minembwe, mu misozi miremire ya Fizi (Kivu y’Amajyepfo)
Umutwe wa AFC/M23 n’umuryango mpuzamahanga utabara imbabare (CICR) basinyanye, mu mpera z’icyumweru cyo ku wa 11 na 12 Mata 2026, amasezerano y’ubwumvikane agamije ihererekanya ry’abasirikare ba FARDC.
Guverineri w’Intara ya Kivu y’amajyaruguru ku ruhande rwa AFC/M23, Bahati Musanga Erasto, yashyizeho ubuyobozi bushya bw’umujyi wa Goma, aho Ngabo Désiré Kisuba yagizwe Meya w’umujyi, asimbuye Julien Katembo Ndalieni, wahise ajyanwa mu nshingano nshya zo kuyobora Teritwari ya Lubero.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda, Amb.Olivier Nduhungirehe yashimangiye ko ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington tariki ya 04 Ukuboza 2025 ridakwiye kuguma mu magambo, rigomba guherekezwa n’ibikorwa bifatika bigamije kugarura umutekano urambye mu Karere
Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ku Cyumweru tariki ya 30 Werurwe zatangaje ko zitangije ku mugaragaro,igikorwa kigamije guhiga no gucyura abarwanyi b’umutwe wa FDLR bagikomeje kugaragara ku butaka bwa Congo.