Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ubushake bwa politiki, gushora imari mu rwego rw’ubuhinzi hibangwa ku rubyiruko rufite ibitekerezo ariko rudafite igishoro no kumenya ahari icyuho muri uru rwego byaba igisubizo cyatuma umugabane wa Afurika wihaza mu biribwa ukareka gukomeza kwishyingikiriza ku musaruro utumizwa hanze yawo.
Polisi y’u Rwanda Ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ryatangaje ko mu minsi ine guhera tariki ya 01-03 Nzeri 26, ryafashe abantu batanu bacuruza urumogi aho bafatanwe udupfunyika 2952.
Nubwo inzego z’ubuzima mu Rwanda zigaragaza ko umubare w’Abanyarwanda bafite Ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe wagabanyutse ugereranyije n’imyaka itanu ishize, aho byavuye kuri 20,5% mu 2018, bigera kuri 18,6% mu 2025 ariko biracyari ikibazo kuko hari umubare munini w’abahisha ko bagafite ahubwo bagahitamo gushakira igisubizo mu biyobyabwenge.
Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa 2 Nzeri 2026 Perezida Paul Kagame yakiriye muri   Village Urugwiro, Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye akaba n’Umuyobozi wa MONUSCO, James Swan, ndetse na Huang Xia, Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Vape cyangwa e-cigarette ni akuma k’ikoranabuhanga kohereza ibimeze nk’amazi mu kanwa biba bigizwe n’ibintu bitandukanye birimo nicotine, propylene glycol, glycerine. Uyikoresha akurura umwuka uba wavuyemo, bikitwa ‘vaping’.
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) cyaguze imigabane yose Banki ya Kigali Group Plc yari ifite muri BK General Insurance, mu masezerano afite agaciro ka miliyari 31.7 Frw.
Abasirikare bane bo mu Ngabo z'u Rwanda basoje amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare n’iry’Ingabo zirwanira mu Kirere muri Kaminuza y’Ingabo z’Igihugu rya Türkiye bahabwa ipeti rya Sous-Lieutenant.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko mu kwezi kwa Nzeri hazaboneka ubushyuhe buri hejuru y’ikigero cy’ubusanzwe buboneka muri uko kwezi mu gihe imvura izagwa izagabanuka ugereranyije n’isanzwe igwa muri icyo gihe.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yasubije ku magambo arimo ivangura n’irondomoko yatangajwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, Makolo avuga ko u Rwanda rwubakiye ku bumwe bw'Abanyarwanda.
Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva Justin, yasabye Afurika kongera ubushobozi n’amikoro byo gukemura amakimbirane yayo, aho gukomeza kwishingikiriza ku bafatanyabikorwa bo hanze.