Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Ambasaderi Shakilla Umutoni yashyikirije Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Tunisia, Mohamed Ali Nafti, kopi z'impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.
Tariki nk’iyi ku wa 15 Mata ku musozi wa Ruhanga mu 1994 hari hatuye Abatutsi benshi ndetse no ku yindi misozi yahanaga imbibi naho yo mu cyahoze ari Komine Gikoro. Jenoside itangiye bamwe mu Batutsi baho bafashe imiheto n’amacumu byabo bahungira ku musozi wa Ruhanga. 
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatanze imbabazi ku bantu batanu bari barahamijwe n’inkiko ibyaha binyuranye, nk’uko bigaragara mu Iteka rya Perezida ryasohotse mu Igazeti ya Leta kuri uyu wa kabiri tariki ya 13 Mata.
Minisitiri w’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Dmascene, yavuze ko abakoresha ijambo igerageza rya Jenoside bakwiye guhagarika kubivuga kuko nta gerageza rya jenoside ribaho kuko habaho umugambi w’igihe kirekire wo kuyitegura kugeza ishyizwe mu bikorwa.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thiery, yatangaje ko mu 2026 ibyaha by’ingengabitekerezo ya jenoside n’ibisa nkayo byagabanutse ugereranyije n’uko byari bimeze mu 2025.
Umujyi wa Kigali watangaje ko 98% by’abawutuye bamaze kwifotoza no gukosoza amakuru ajyanye n’imyirondoro yabo muri gahunda yo gutanga Indangamuntu Koranabuhanga.
Tariki 14 Mata 1994, kuri kiriziya ya Kibeho, Interahamwe zifatanyije n’abategetsi zarimbuye Abatutsi barenga 25.000 bari bahungiye ku Kiliziya no mu mazu ya Paruwasi gaturika ya Kibeho. Abatutsi babanje kwirwanaho bifashishije ibikoresho bari bafite. Abatutsi bashoboye guhangana n’igitero cyo ku wa 12 Mata 1994 barakinesha.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda umutwe w’Abadepite yemeje amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na na Banki ya Standard Chartered yerekeye inguzanyo ya miliyoni 213 z’Ama-Euro ( arenga miliyoni 260$) igenewe gutera inkunga ingengo y’imari isanzwe na politiki yo guteza imbere imirimo idaheza kandi irambye mu Rwanda.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB, cyatangaje ko ikawa y’u Rwanda yaje muri eshanu za mbere zatsinze izindi mpagararizi mu Imurikagurisha mpuzamahanga ry’Ikawa.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu yagaragaje uburyo hari abanyapolitiki banze politiki ya Habyarimana Juvenal wahoze ari perezida w’u Rwanda y’irondabwoko bagahitamo kumusezera bakamubwirako u Rwanda rutazigera ruyoborwa n’ubutegetsi bw’injumbure.