Politiki

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko gushora imari mu bikorwaremezo , kubaka ubushobozi bw'abaturage no kwihutisha ubucuruzi n’ubufatanye hagati y’ibihugu, ari bimwe mu byafasha Afurika kubaka ubukungu burambye no guhangana n’ibibazo.
Brig. Gen. Ronald Rwivanga wari Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, yatangiye inshingano ze nk’Umuyobozi w’Umutwe w’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara aho rukomeye (EASF), yizeza gukorera mu mucyo no kurangwa n'ubunyamwuga.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yerekanye ko ibikorwa byo kubungabunga amahoro muri ibi bihe bikomwa mu nkokora n’imvugo z’urwango bityo ko hakwiye kugira igikorwa.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko hakenewe imikoranire myiza hagati y’ibihugu bya Afurika, mu rwego rwo kugabanya ingaruka zo kwivanga kw’amahanga.
Urwego rushinzwe Abinjira n'Abasohoka muri Nigeria (NIS), rwatangaje ko rwatangiye gushyira mu bikorwa icyemezo cya Perezida w'iki guhugu, Bola Ahmed Tinubu, cyo gukuraho visa ku Banyarwanda mu gihe cy'iminsi 30.
Kuri uyu wa Gatanu Perezida wa Repubulika ya Santarafurika, Faustin-Archange Touadéra, yakiriye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF) zari ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, hamwe n’Ambasaderi w'u Rwanda muri Santarafurika, Ambasaderi Olivier Kayumba.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Justin Nsengiyumva yakiriye mugenzi we, Robert Beugré Mambé wa Côte d’Ivoire bagirana ibiganiro ku bufatanye mu nzego zinyuranye.
Perezida wa Tanzania Dr. Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda aho azitabira Inama Nyafurika yiga ku gukoresha ikoranabuhanga rya nikeleyeri (Nuclear Energy Innovation Summit for Africa) NEISA 2026, izabera i Kigali.
Perezida Paul Kagame yavuze ko igihe cyigeze ngo Afurika ikanguke ihangane n’igitutu ishyirwaho n’ibihugu bikomeye ku Isi kuko ntayandi mahitamo uyu mugabane ufite uretse kubaka ubukungu bwawo bwite ndetse avuga ko ubwo bushobozi buhari.
Ubuyobozi bw'ishyaka riri ku butegetsi mu gihugu cya Uganda bwakiriye intumwa z'umuryango FPR Inkotanyi aho bashimye imikorere na Politiki y'u Rwanda ngo kuko ari igihugu kizi amateka yacyo n'icyerekezo.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka