Politiki

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, ari kumwe n’itsinda ayoboye bageze i Pretoria muri Afurika y’Epfo mu biganiro bigamije kuzahura umubano w’ibihugu byombi.
Perezida Faure Essozimna Gnassingbé yashimiye umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame ndetse n’uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Olusegun Obasanjo, ku mbaraga bakomeje gushyira mu kuba Abanyafurika bakunga ubumwe mu rugendo rwo guharanira ko uyu mugabane utera imbere.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda ifatanyije n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC, batangije ibikorwa byo kumva ibitekerezo by’Abanyarwanda ku ngingo zizagenderwaho mu gushiraho Itegeko Nshinga rigena ukwihuza kw’ibihugu bigize uyu Muryango.
Ambasaderi Urujeni Bakuramutsa yashyikirije Perezida wa Slovenia, Nataša Pirc Musar, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo Gihugu.
Perezida Paul Kagame, yageze i Lomé muri Togo aho yitabiriye inama yo guteza imbere urwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere ku mugabane wa Afurika (African Air Transport Convention and Expo (AATCE).
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth), Shirley Ayorkor Botchwey, yatangaje ko uyu muryango hari byinshi ugiye kwigira ku Rwanda birimo ibijyanye n’ubucuruzi n’ishoramari.
Amdasaderi Christine Nkulikiyinka yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’Inama Mpuzamahanga y’Umurimo Gilbert F. Houngbo byibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y’u Rwanda na ILO.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth), Shirley Ayorkor Botchwey, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rugamije kurushaho gushimangira ubufatanye hagati y’u Rwanda n’uyu muryango mpuzamahanga.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhingirehe, yashimiye uburyo umubano hagati y’u Rwanda na Zimbabwe ukomeje kuzamuka binyuze mu bufatanye mu nzego zitandukanye.