Amakuru

Umuhuzabikorwa w’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC), Corneille Nangaa, yatangaje ko adashyigikiye igitekerezo cyo kugirana ibiganiro n'ubutegetsi bwa Kinshasa, avuga ko ikibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kidashobora gukemurwa binyuze mu masezerano mashya ya politiki.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Muhanga mu karere ka Muhanga baravugako imigano yatewe ku nkike z'ikibaya cya Kabingo bahingangamo iri kubahombya kuko yatewe mu mirima yabo ikabonera nyamara nta mugezi uhari bakaba batacyeza nk'uko byahoze.
Ikipe ya Mukura VS&L yungutse akayabo k'amafaranga y'u Rwanda akabakaba miliyoni 15 nyuma yo gutandukana n'umutoza Tomáš Trucha atayitoje na rimwe nk'uko byari bikubiye mu masezerano y'impande zombi.
Mimi Mehfira, umugore w’umuhanzi Ngabo Médard Jobert wamamaye nka Meddy, yasubije abamubajije impamvu yabujije Umugabo we kongera gusohora indirimbo ababwira ko nawe ari umufana bityo ko ategereje nk’abandi.
Perezida w'Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati, CECAFA, umunya-Eritrea Paulos Weldehaimanot Andemariam yamaze kugera i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Nyakanga 2026 aho yitabiriye irushanwa rya CECAFA Kagame Cup rigiye kubera mu Rwanda.
Kuri uyu wa Mbere tariki 21 Nyakanga 2026, ikipe ya Rayon Sports y'abagore yatangiye imyitozo ku kibuga cya Skol mu Nzove isanzwe ikoreraho ndetse yakiriraho n'imikino, itangaza n'abakapiteni bayo bashya barangajwe imbere na Uwase Andersen.
Ishyirahamwe ry'umukino wa Basketball mu Rwanda, FERWABA, ryatangaje abakinnyi 12 mu bangavu n'abakinnyi 12 mu ngimbi, bazahagararira u Rwanda mu mikino y'Akarere ka 5 mu gushaka itike y'Igikombe cya Afurika cy'abatarengeje imyaka 18.Iyi mikino izabera i Cairo mu Misiri kuva tariki 23 Nyakanga kugeza 29 Nyakanga 2026.
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuherwe w’Umunyamerika, Bill Gates, washinze akaba na Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya Gates Foundation, baganira ku gushimangira ubufatanye mu guteza imbere ubuzima, ubuhinzi, ubwenge buhangano n’ibikorwaremezo by’ikoranabuhanga.
Binta Fatoumata Bah wo muri Guinea ukina nk'umwataka (Outside Hitter) wakiniraga Kepler WVC yamaze kwerekeza mu ikipe ya DH Volleyball Baku yo muri Azerbaijan.
Ikipe ya Gorilla FC yatangaje ko yamaze gusinyisha umuzamu Cuzuzo Aimé Gaël amasezerano y'imyaka ibiri avuye mu ikipe ya Gasogi United yakiniraga.