Amakuru

Ikigo Gishinzwe Ubuzima mu Rwanda RBC, cyatangaje ko mu mwaka wa 2024/2025 u Rwanda rwarwanyije Malariya ku kigero cya 76 ku gihumbi bivuze 7.6%. Imibare yiyongeye ugereranyije n’uko yari imeze mu 2023/2024 aho yari kuri 4.5%.
Mu ijoro rya taliki ya 14 Mata 2026 nibwo umunyamategeko wari usanzwe ari umwanditsi w'urukiko rwisumbuye rwa Huye wasanzwe muri rigole yapfuye mu mudugudu wa Rugarama mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere Nyanza ari naho yari atuye.
Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu murenge wa Karama ho mu karere ka Huye mu cyahoze ari komini Runyinya,inararibonye Antoine Mugesera yagaragaje ko Leta mbi yashutse abaturage basenya igihugu ariko ubu hari Leta nziza abana bakwiye kwiga amateka meza bakiga kubana mu mahoro hagamijwe gukomeza kubaka igihugu cyiza.
Louis Rwakiranya, yavuze ko ari ibintu bishimishije kubona Shampiyona Nyafurika y'Amakipe y'Abagabo ya Volleyball yakirwa mu Rwanda ashimangira ko ari ikimenyets cy’ubumwe, imiyoborere myiza n’iterambere
Kenrik Kabano w'imyaka 18, wari umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’Abato ya Basketball, yitabye Imana aguye mu mpanuka yahitanye na nyina umubyara, Rosine Kabano
Abayobozi batatu ba koperative icunga umutekano yitwa Umoja ni Nguvu, ikorera mu karere ka Nyanza, bajuririye icyemezo cy’urukiko cyabategetse gufungwa by’agateganyo iminsi 30, nyuma yo gukekwaho kunyereza umutungo no gukoresha inyandiko mpimbano.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yongeye kwihanangiriza abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange bongera ibiciro by’ingendo ku bagenzi n’abacuruzi bongera ibiciro by’ibicuruzwa uko bashatse bitwaje izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli ko abazafatwa bazahanwa.
Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ushinzwe Akarere ka Afurika, Prof. Mohamed Janabi ari kumwe na Brian Chirombo uyihagarariye mu Rwanda, basuye Ishami ry’ubuvuzi bw’umutima mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal
Kuri uyu wa mbere ,Perezida wa Repubulika ya Senegal Bassirou Diomaye Faye, yakiriye mu biro bye Madamu Louise Mushikiwabo, umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa (OIF), mu biganiro byibanze ku gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’impande zombi.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka