Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati, CECAFA, umunya-Eritrea Paulos Weldehaimanot Andemariam yamaze kugera i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Nyakanga 2026 aho yitabiriye irushanwa rya CECAFA Kagame Cup rigiye kubera mu Rwanda.
Iri rushanwa rizatangira ku wa Gatanu tariki 24 Nyakanga 2026, risozwe tariki 7 Kanama 2026, rikazajya rikinirwa kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium.
Perezida Andemariam yakiriwe na Komiseri ushinzwe Amarushanwa mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, Niyitanga Désiré, nawe uri muri Komite ishinzwe gutegura irushanwa rya CECAFA Kagame Cup.
CECAFA Kagame Cup yaherukaga kubera mu Rwanda muri 2019, kuri iyi nshuro izitabirwa n’amakipe 12 arimo amakipe abiri yo mu Rwanda, APR FC na Rayon Sports.










