Amakuru

Minisiteri y’Uburezi ibinyujije mu kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) yatangije ku mugaragaro ibizamini ngiro (Practical Exams) ku bakandida 74,085 basoza ayisumbuye muri uyu mwaka wa 2025/26.
Kuri uyu wa Kabiri urukiko rwisumbuye rwa Ngoma rwaburanishirije mu ruhame mu murenge wa Mutenderi abarimo Hakizimana ukunze kwitwa Shehe n’umugore we Claudine Musengimana bashinjwa icyaha cyo kwica  Mukaremezo Xaverine ari we nyina wa Hakizimana akanaba nyirabukwe wa Claudine.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda yasabye ba rwiyemezamirimo bahawe ibibanza mu byanya by’inganda kubyubaka bitaba ibyo bakabyamburwa kuko bibangamira abandi bashaka kubibyaza umusaruro.
APR FC yashimiye abakinnyi batatu b’abanyamahanga batandukanye na yo nyuma yo gusoza amasezerano yabo muri iyi kipe itatekereje kubaha andi.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yaburiye abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bibwira ko babonye ubuhungiro mu gihugu cyabo.
Kuri uyu wa Kabiri Ingabo z’u Rwanda zakiriye ku cyicaro gikuru, Kimihurura, itsinda rigizwe n’abanyeshuri 23 bo mu ishuri rikuru rya gisirikare ry' Ubuhinde, mu rwego rw’uruzinduko rw’amasomo bari kugirira mu Rwanda kuva tariki ya 1 kugeza ku ya 6 Kamena 2026.
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Urwibutso rufite agaciro gakomeye kuko rushyira ukuri ku mugaragaro kandi rukabika amateka adashobora kwibagirana ndetse rukarinda ibimenyetso bidashobora guhishwa cyangwa ngo byibagirane.
Ubwo habaga igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi cyabereye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kabgayi mu karere ka Muhanga, hagaragajwe ko Leta mbi yahemukiye abaturage bayo ubwo yaguraga intwaro zo kurimbura Abatutsi,ndetse n’amadini atakarizwa ikizere kuko n’abayahungiyemo bishwe.
U Rwanda rwagaragaje ko hakenewe ubufatanye bw’inzego z'ibihugu n'iz'ibigo bifite mu nshingano kurwanya ikwirakwizwa ritemewe ry'intwaro nto n'izoroheje, hubakwa ubushobozi kugira ngo zirusheho gukora mu buryo bunoze.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka