Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gen Maj Sylvain Ekenge, yavuze ko umutwe wa AFC/M23, uri kurenga ku masezerano y’agahenge ukabagabaho ibitero.
Ni mu kiganiro aheruka kugirana n’igitangazamakuru cya Deutsch Well, aho yavuze ko AFC/M23 ikomeje kubashotora, kandi ko nabo batazakomeza kurebera.
Ati “Ntidushobora gukomeza kurebera itekora ibitero n’ubushotoranyi ntacyo dukora. Ntabwo turi mu rusengero, kuko mu rusengero niho bavuga ko uramutse ukubiswe urushyi kw’itama ry’ibumuso utanga n’itama ry’iburyo.”
Ingabo za FARDC n’umutwe wa AFC/M23, bose bashinjanya kurenga ku ihagarikwa ry’imirwano.
Gen Maj Sylvain Ekenge avuga ko ku ruhande rwa FARDC bagiye bitondera amasezerano basinya, ndetse bubaha ijambo ku rindi, ariko AFC/M23 yo ikabirengaho, avuga kandi ko ibyo yagiye abigaragaza inshuro nyinshi.
Uyu muvugizi yanabajijwe ku kijyanye no kuba AFC/M23 iheruka gushinja FARDC gutera ibisasu ahatuye abaturage no ku birindiro byayo.
Agira ati: “Ni bo baza kudushotora, tukasubiza. Ntabwo tuzabareka, ngo bakomeze badukinishe, tuzabasubiza.”
Yongeraho ati ” Ibintu ni bibiri, ni uko bashaka amahoro cyangwa bakayihorera burundu.”
Ku rundi ruhande, AFC/M23 ivuga ko FARDC ariyo ibagabaho ibitero, nabo bagakora icyo kwirwanaho.
Impande zombi zemeranyije agahenge mu masezerano yasinyiwe i Doha muri uku Kwakira, gusa kuva icyo imirwano yarakomeje muri Kivu zombi.



