sangiza abandi

FARDC yigaramye Wazalendo ivuga ko itabazwa ibikorwa bakora.

sangiza abandi

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, cyatangaje ko nubwo gikorana na Wazalendo, kidafite ububasha bwo kuyigenzura kandi ko yahawe intwaro na Perezida Felix Tshisekedi.

Ibi nibyatangajwe n’umuvugizi wa FARDC, Maj. Gen. Sylvain Ekenge, ku wa Gatandatu tariki ya 06 Nzeri 2025, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru kigaruka ku mirwano ikomeje kubica bigacika mu Burasirazuba bw’iki gihugu, cyaberaga i Kinshasa.

Gen. Ekenge yahakanye raporo ya Loni ishinja FARDC ko ikorana na Wazalendo mu bikorwa birimo gufata abagore ku ngufu, gusahura no kwica muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru

Avuga ko kuba FARDC ikorana na Wazalendo bitavuze ko ikwiye kubarwaho ibyaha byakozwe n’aba barwanyi, kandi ko itayobora Wazalendo.

Ibi yabivuze mu gihe mu ntangiriro z’iki cyumweru, Wazalendo bamaganye icyemezo cya perezida Felix Tshisekedi cyo kohereza Brig Gen Gasita Olivier mu mujyi wa Uvira, bamwita umugambanyi w’Umunyarwanda.

Wazalendo n’ubwo bahawe intwaro ariko ni abasivili bakora ibikorwa bya Gisirikare mu Burasirazuba bwa RDC, bayobowe n’abigize abajenerali barimo Yakutumba William, Ngomanzito, Makanaki n’abandi, bashinja Gasita kugira uruhare mw’ifatwa ry’umujyi wa Bukavu.

Bavuga ko Brig Gen Gasita Olivier, batamwifuza muri Uvira kuko ngo adakunda Wazalendo, ndetse bamushinja kwica bagenzi babo i Kindu mu ntara ya Maniema, aho yari amaze iminsi ayobora ibikorwa bya gisirikare.

Banavuga ko Gasita ari Uvira mw’ibanga rikomeye na AFC/M23 iryamiye amajanja mu nkengero z’uyu mujyi, bakabihuza bavuga ko ashobora kugira uruhare mu gutuma Uvira nayo ifatwa.

Gen Maj Sylvain Ekenge, umuvugizi wa FARDC, yavuze ko igisirikare gishyigikiye Gen Gasita byuzuye, kandi ko ubutegetsi bw’i Kinshasa buzi neza ko Gasita akunda igihugu kandi atakurwaho.

Photos:

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka