sangiza abandi

Ngabo Albert wakiniye APR FC yatonetse Aba-Rayons

sangiza abandi

Ngabo Albert, usanzwe utoza Ikipe y’Abato ya APR FC, yavuze ko urwego Umurenge Kagame Cup ugezeho wakuramo abakinnyi bakina muri Rayon Sports.

Yabitangaje ku Cyumweru, tariki ya 15 Kamena 2025, ubwo hasozwaga irushanwa Umurenge Kagame Cup mu Karere ka Musanze.

Umurenge wa Jabana, Ngabo Albert yatozaga ni wo wegukanye igikombe mu mupira w’amaguru utsinze uwa Mbazi wo mu Karere ka Huye 2-0.

Abajijwe urwego rw’abakinnyi yabonye muri iri rushanwa, yagize ati “Birashimishije kubona iyi mikino yaragarutse kuko ibamo impano nyinshi, ni uko ziba ziri mu cyaro. Abantu benshi bita ku bantu b’i Kigali, mu ntara hari abakinnyi bakomeye batabona ubushobozi bwo kuza gukina i Kigali.”

Yakomeje avuga ko urwego aba bakinnyi bariho bakina mu makipe akomeye mu Rwanda arimo na Rayon Sports.

Ati “Birashoboka cyane ko hari abakina umupira no mu makipe akomeye na za Rayon Sports na za Kiyovu Sports bakina bavuye mu mirenge. APR FC ntabwo bishoboka kuko ni urundi rwego.”

Ngabo Albert yakiniye Rayon Sports kuva 2007 kugeza 2009 kuva icyo gihe kugeza 2019 yakiniraga APR FC. Nyuma yaho yahise ajya no gutoza abato ba yo ayifasha kwegukana Igikombe cya Shampiyona 2024/2025.

Photos:

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka