sangiza abandi

Nyagatare: Kaporali Maniragena ushinjwa kwica umugore yasabiwe gufungwa burundu

sangiza abandi

Kaporali Simon Maniragena ushinjwa kwica umugore we ku bushake muri Kanama umwaka ushize wa 2025, yasabiwe n’ubushinjacyaha bwa Gisirikare igihano cy’igifungo cya burundu.

Ni mu rubanza rwaburanishirijwe mu ruhame kuri uyu wa Kane, tariki ya 15 Mutarama, mu Murenge wa Musheri, mu Karere ka Nyagatare.

Kaporali Maniragena yatawe muri yombi mu mpera za Kanama 2025, akurikiranyweho kwica umugore we, Gisubizo Liliane, babanaga mu Murenge wa Musheri mu Karere ka Nyagatare. 

Amakuru avuga ko Maniragena, w’imyaka 29, yishe umugore uyu mugore we Gisubizo w’imyaka 21 mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 21 Kanama 2025, biturutse ku makimbirane yari mu muryango.

Kuva icyo gihe, Maniragena Simon yahise atabwa muri yombi n’inzego z’umutekano kugira ngo akurikiranwe n’ubutabera. 

Ubwo uyu munsi yitabaga urukiko rwa Gisirikare, rwo mu Karere ka Nyagatare, Kaporali Maniragena yaburanye ahakana iki cyaha ashinjwa.

Ku rundi ruhande ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwo bwamusabiye igihano cy’igifungo cya burundu.

Ingingo ya 107 y’Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018, rigena ibyaha n’ibihano muri rusange rivuga ko icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake gihanishwa igifungo cya burundu.

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka