Minisitiri w’ubutabera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba, yeguye kuri izi nshingano nyuma y’iminsi mike Umushinjacyaha mukuru, Firmin Mvonde, amubujije kurenga umujyi wa Kinshasa.
Mu ijoro ryaraye ryakeye rishyira kuri uyu wa gatatu tariki ya 18 Kamena 2025, ni bwo Mutamba yatangaje ko yeguye ku nshingano za Minisitiri w’Ubutabera.
Amakuru avuga ko iki cyemezo yamaze no kukigeza kwa perezida wa Repubulika, Felix Tshisekedi.
Biteganyijwe ko uyu munsi ku wa gatatu tariki ya 18 Kamena 2025, ari bwo Mutamba ageza ibaruwa y’ubwegure kwa Perezida na Minisitiri w’Intebe.
Mutamba yeguye nyuma yuko inteko ishinga amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarimaze kwemerera Mvonde kugeza Mutamba mu rukiko, akaburanishwa icyaha cyo kunyereza miliyoni 19 z’amadolari y’Amerika zari ziteganyirijwe umushinga wo kubaka gereza ya Kisangani mu ntara ya Tshopo.
Mutamba wamaze kwinjira muri izi manza yagizwe Minisitiri w’ubutabera mu ntangiriro z’umwaka ushize.
Ni umwe mu bategetsi b’iki gihugu imvugo ze zakunze kwibasira u Rwanda, ndetse byageze naho avuga ko azafunga perezida warwo, Paul Kagame hari naho yavuze ko azarutera ngo akarwomeka kuri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.



