sangiza abandi

Umuganda usoza Werurwe uzibanda ku gukora isuku ku nzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi

sangiza abandi

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, MINALOC, yatangaje ko umuganda w’ukwezi kwa Werurwe 2026 uzibanda cyane ku gukora isuku ku nzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi no gufasha abayirokotse batishoboye.

Nk’uko itangazo rya MINALOC ribivuga umuganda usoza uku kwezi uzakorwaku wa Gatandatu tariki ya 28 Werurwe 2026.

MINALOC ivuga ko Umuganda uzibanda ku bikorwa byateguwe n’ubuyobozi bw’Inzego z’lbanze cyane cyane gukora isuku ku nzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uyu muganda kandi uzibanda ku kubakira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye, gusibura no gucukura imirwanyasuri n’imiyoboro y’amazi, n’ibindi.

Ukwezi kwa Mata tugiye kwinjiramo ni ko kubamo icyumweru cy’icyunamo, aho Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, gitangira ku wa 7 Mata.

Photos:

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka