Ubutabera bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bugiye gutangira kuburanisha Joseph Kabila wahoze ari perezida w’iki gihugu.
Ni ibyatangajwe n’urukiko rwa gisirikare rwa RDC, kuri uyu wa gatanu tariki ya 25 Nyakanga 2025, aho ndetse ngo rushobora kuzamukatira urwo gupfa mu gihe yahamwa nibyo ashinjwa.
RDC ishinja Kabila ibyaha birimo ubugambanyi, ibyaha by’intambara, ibyibasira inyoko muntu ndetse no kujya mu mutwe ugambiriye gukuraho ubutegetsi.
Ibi byaha leta ya RDC yatangiye kubishinja Kabila nyuma yaho muri Mata uyu mwaka yatangaje ko agiye gusubira mu gihugu ndetse asubirayo yinjiriye mu Burasirazuba.
Kabila yinjiriye i Goma, umujyi kuri ubu ugenzurwa na AFC/M23 kuva mu mpera z’ukwezi kwa mbere uyu mwaka wa 2025.
Kabila kimwe na AFC/M23 bahuriye ku mugambi wo gushyira iherezo ku butegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi, Bo bita ubw’igitugu, ndetse kandi babushinja kuba ari bwo nyiribayazana w’uruhurirane rw’ibibazo byugarije iki gihugu.
Kabila agiye kuburanishwa mu gihe Sena iheruka kumwambura ubudahangarwa yari afite bwo kuba ari umusenateri ubuzima bwose.
Mu gihe yahamwa n’ibyaha aregwa, byitezwe ko urukiko rwa gisirikare rwahita rumukatira gufungwa ubuzima bwe bwose.



