sangiza abandi

Tanzania: Umunyarwandakazi Mukandayisenga Jeannine yaciye agahigo muri Shampiyona

sangiza abandi

Umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunyarwandakazi Mukandayisenga Jeannine uzwi nka ‘KaBoy’ yaciye agahigo ko kuba umukinnyi uguzwe amafaranga menshi muri Shampiyona ya Tanzania nyuma yo kugurwa n’ikipe yo mu Bushinwa yitwa Wuhan Jiangda WFC avuye mu ikipe ya Yanga Princess yakiniraga.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga 2026 nibwo ikipe ya Yanga Princess yatangaje ko Mukandayisenga yamaze kugurwa n’ikipe yo mu Bushinwa nyuma y’imyaka ibiri yari amaze ayikinira.

Mukandayisenga yerekeje mu ikipe nshya nyuma yo kuba inyenyeri muri Shampiyona ya Tanzania aho mu myaka ibiri yari ayimazemo yombi yahize abandi bakinnyi gutsinda ibitego byinshi, yatsinze ibitego 20 muri buri mwaka n’ubwo ikipe ye itabashije gutwara igikombe cya Shampiyona.

Umukinnyi w’inkingi ya mwamba mu ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore, Mukandayisenga Jeannine, yagiye muri Yanga Princess avuye muri Rayon Sports WFC yari yagezemo muri 2023-24 avuye mu Inyemera WFC y’i Gicumbi.

Muri uwo mwaka, Mukandayisenga yahize abandi mu gutsinda ibitego byinshi ndetse afasha Rayon Sports kwegukana ibikombe bibiri birimo igikombe cya Shampiyona n’igikombe cy’Amahoro.

Mukandayisenga Jeannine mu mwambaro wa Rayon Sports

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]