Umuyobozi w’umujyi wa Kindu, mu ntara ya Maniema muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo, Augustin Atibu Mulamba, yafashe icyemezo cyo kubuza burundu kwambara, kugurisha, gutunga no gukwirakwiza imyambaro cyangwa ibirango byose byanditseho ijambo “Visit Rwanda” ku butaka bw’uyu mujyi.
Iki cyemezo cyashyizwe ahagaragara binyuze mu itangazo ry’ubuyobozi bw’umujyi, rivuga ko bigamije kurinda umutekano rusange, kubungabunga ituze ry’abaturage no gukumira ibishobora guteza umwuka mubi mu gihe akarere karimo guhura n’ihungabana ry’umutekano n’impaka za dipolomasi mu karere k’ibiyaga bigari.
Nkuko ubuyobozi bwabisobanuye, kwerekana cyangwa kwamamaza ibirango by’amahanga bifitanye isano n’impaka za politiki n’umutekano bishobora gutera ubwumvikane buke mu baturage, bigashyira mu kaga ituze n’imibanire myiza.
Inzego z’umutekano zahawe inshingano zo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’iki cyemezo, aho uzabifatirwamo ashobora guhura n’ibihano biteganywa n’amategeko y’umujyi.
Icyakora, iki cyemezo cyateje impaka mu baturage no mu bacuruzi, bamwe bakibona nk’ikitambamira ubwisanzure bw’ubucuruzi , mu gihe abandi bagishyigikira bavuga ko ari ngombwa mu bihe by’ihungabana ry’umutekano n’umubano w’ibihugu byegeranye utameze neza.
Abakurikiranira hafi ibya politiki n’imiyoborere mu karere bagaragaza ko iki gikorwa gishobora kugira ingaruka ku mibanire y’akarere no ku isura y’ubucuruzi bwambukiranya imipaka, bagasaba ibiganiro n’uburyo burambye bwo gukemura impungenge z’umutekano hatabangamiwe ubwisanzure bw’abaturage.
Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Patrick Nduhungirehe , yavuze ko iki cyemezo kigaragaza imitekerereze iciriritse.
Mu butumwa yanditse kuri X yagize ati ” Imitekerereze iciriritse ku munsi ubanziriza umunsi mukuru wa Noheli .”
Mu gihe iki cyemezo gitangiye gushyirwa mu bikorwa, amaso y’abakurikiranira hafi ibibera mu karere ahanzwe ku buryo kizakirwa n’abaturage, ingaruka kizagira ku bucuruzi bwo mu mujyi wa Kindu, ndetse n’uko kizagira uruhare mu mubano w’akarere muri rusange.



