sangiza abandi

AFC/M23 yatangaje ko itazongera kwihanganira Abacancuro

sangiza abandi

Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ritazongera kubabarira abacanshuro barwanirira ubutegetsi leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk’uko byagenze basohoka mu mujyi wa Goma ubwo yawufataga.

Ibi bikubiye mu butumwa umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka yaraye ashyize hanze mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira kuri uyu wa mbere, tariki ya 25 Kanama 2025.

Muri ubwo butumwa yagize iti: “Kuva Saa Sita kuri iki Cyumweru, izo ngabo zigizwe n’abacanshuro b’abanyamahanga zagabye ibitero byibasiye abaturage batuye mu turere dutuwe cyane twa Kadasomwa no mu nkengero zayo, ndetse no ku birindiro byacu.”

Yongeraho ko ibi bitero byatwaye ubuzima bw’abantu benshi barimo n’abakomeretse ndetse abaturage batari bake bava mu byabo bahunga ibisasu biri kuraswa n’indege zitagira abapilote za Leta ya Congo.

Ihuriro rya AFC/M23 rishimangira ko rizakomeza intego zaryo zo kurinda abasivili n’ibyabo, ubundi kandi ngo rizakora ibishoboka byose rikureho icyahungabanya umutekano wo mu bice rigenzura.

Kanyuka kandi yavuze ko kuri iyi nshuro nta mucanshuro uzasubira iwabo amahoro nk’uko byari byagenze i Goma muri Mutarama.

Ati: “Bitandukanye n’ibyabaye i Goma mu kwezi kwa mbere uyu mwaka ubwo twafataga uyu mujyi, aho abacanshuro babarirwa mu magana bemerewe gusubira iwabo badahanwe nyuma yo kwica Abanye-Congo.”

AFC/M23 itangaje ibi nyuma yaho ku wa gatandatu tariki ya 23 Kanama 2025 bigaruriye uduce twa Lubumba, Bilemba, Murimbi na Mukugwe n’inkengero zatwo.

Utu duce tukaba duherereye muri segiteri ya Itombwe, teritware ya Mwenga mu ntara ya Kivu y’amajyepfo ndetse no kuri Iki cyumweru bafashe utundi duce tubiri twerekeza Uvira.

Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka yavuze ko AFC/M23 itazongera kubabarira abacancuro mu Mujyi wa Goma

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka