Ingabo zo mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23, zigaruriye uduce turimo Luhago, Bwegerera, Irega na Katsoba duherereye muri teritware ya Kabare, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Ahagana saa sita z’amanywa zo ku wa Gatandatu, tariki ya 1 Ugushyingo 2025, nibwo abasirikare b’uyu mutwe wa AFC/M23 bafashe utu duce turimo i Centre ya Luhago.
Badufashe nyuma y’imirwano ikaze bahuriyemo n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta(FARDC, FDLR na Wazalendo).
Aya makuru anagaragaza ko imirwano yahereye muri centre ya Luhago ikomereza Bwegerera, Irega na Katsoba ari nako abasirikare ARC b’uyu mutwe wa AFC/M23 bagenda bigarurira turiya duce, binarangira ingabo zo ku ruhande rwa Leta ziyabangiye ingata, bikavugwa ko zahungiye ahitwa i Mashango.
Iyi mirwano nk’uko aya makuru akomeza abivuga yumvikanyemo urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje, byanatumye abaturage begereye uduce yaberagamo bahungira mu bice babonako bitekanye, abandi bahitamo kwigumira mu mazu yabo barayakinga.
Iyi mirwano ikomeje kuba mu gihe Guverinoma ya RDC n’umutwe wa AFC/M23 baherutse gusinyira i Doha, muri Qatar, amasezerano yemeza ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge hagati y’impande zombi.



