Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ryigaruriye uduce tune duherereye muri teritware za Mwenga na Walungu mu ntara ya Kivu y’Epfo.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Nzeri 2025, nibwo abarwanyi b’ihuriro rya AFC/M23 bigaruriye utu duce twa Luntukulu n’inkengero zako muri teritware ya Walungu,Ngando na i Ganda muri teritware ya Mwenga, aho ihana umupaka niya Walungu.
Bivugwa ko ifatwa ry’utu duce ryabaye nyuma y’imirwano ikaze hagati y’ingabo za FARDC aho byaje kurangira zambuwe turiya duce ni za Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 ryatubohoje.
Mu cyumweru gishize nabwo AFC /M23 yafashe utundi duce turimo Nzibira izwiho kuba yibitseho amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Zahabu n’andi anyuranye.
Bibaye mu gihe amakuru amwe avuga ko uyu mutwe wa AFC/M23 ukomeje kwagura ibirindiro byawo werekeza muri Mwenga na Shabunda.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 Nzeri 2025 indege yo mu bwoko bwa Drone ya FARDC iturutse i Bujumbura yasutse ibisasu byinshi muri Nzibira.
Amakuru aturukayo akemeza ko hari abo byakomerekeje nubwo nta mubare uratangazwa.
Gusa hari imbangukiragutabara yabonetse yihuta ihatutuka.
Ariko nubwo umutwe wa AFC/M23 uri kwerekeza muri izo teritware, i Uvira abaturage barimo kuwutabaza bawusaba kubagoboka, binubira ibyo bakorerwa na Wazalendo,FDLR na FARDC.



