Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23, ryigaruriye uduce twa Kimbili na Nyarubemba duherereye muri teritwari ya Shabunda mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’imirwano ikomeye bahuriyemo n’ingabo za FARDC.
Amakuru aturuka muri ibi bice avuga ko iyi mirwano ikomeye yabaye ku wa Mbere, ndetse yamaze amasaha menshi, birangira AFC/M23 itesheje ingabo za FARDC, yigarurira utu duce.
Abatangabuhamya bavuga ko iyi ntambara ikomeye yabereye mu bice bya gurupoma ya Bamuguba y’Epfo, muri Sheferi ya Basiki, isiga AFC/M23 ihigaruriye byuzuye.
Kugeza ubu AFC/M23 irimo kugenzura uduce turenga dutatu muri Shabunda, harimo n’agace ka Mai Mingi iherutse kwigarurira.
AFC/M23 kandi iherutse kwigarurira Kilingutwe, agace kari muri Sheferi ya Luindi, muri teritwari ya Mwenga, hafi y’uruzi rwa Kilingutwe.
Kurubu imirwano iracyakomeza mu bice bitandukanye, mu gihe abaturage bakomeje gutabariza ubuzima bwabo n’umutekano uri kurushaho guhungabana.
Ibi bibaye kandi mu gihe leta ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo n’umutwe wa AFC/M23 baheruka gushyira umukono ku masezerano shingiro aganisha kw’isinywa ry’amasezerano y’amahoro, yasinyiwe i Doha muri Leta ya Qatar.
Mu masezerano yasinywe n’impande zombi, harimo kubahiriza agahenge no guhagarika imirwano mu bice by’Uburasirazuba bwa Congo, kugirango barengere ubuzima bw’abaturage.



