sangiza abandi

AFC/M23 yongeye gushinja Leta ya RDC kugaba ibitero mu baturage

sangiza abandi

Ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi ryatangaje ko ingabo za FARDC n’abandi barwanyi bafatanya nayo bateye ibisasu biremereye mu bice bituyemo abaturage benshi.

Ni ibyatangajwe n’ umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka akoresheje urubuga rwa x, ku munsi w’ejo, tariki ya 18 Kanama 2025.

Yagize ati “Ihuriro ry’ingabo za RDC zakoze ibitero bikomeye mu bice bituwe cyane bya Nzimba, Kanyola no mu nkengero zaho, mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 17 Kanama 2025, bakoresheje imbunda ziremereye na drones z’ubwiyahuzi.”

Ni kunshuro ya kabiri AFC/M23 itangaje ibisa n’ibi, kuko no mu Cyumweru gishize yagaragaje ko iri huriro ry’Ingabo za RDC zagiye zohereza abasirikare mu bice bitandukanye byo mu Burasirazuba bw’iki gihugu bagamije kugaba ibitero.

Ati “Muri Uvira, (FRDC) yohereje abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, Wazalendo n’imbonerakure, bavuye muri Hewa Bora, Kindu, Kilembwe na Bujumbura.”

AFCM23 isobanura kandi ko RDC yakoresheje indege ya Antonov inshuro nyinshi ivana abasirikare bayo muri Kisangani, ibajyana muri teritware ya Walikale mu ntara ya Kivu ya ruguru.

Ubushyamirane bukomeje kwiyongera hagati ya AFC/M23 na RDC mu gihe tariki ya 19 Nyakanga 2025, leta y’i Kinshasa n’ihuriro rya AFC/M23 byashyizeho amahame aganisha ku masezerano y’amahoro, babifashijwemo na Leta ya Qatar.

Ni amahame arimo ingingo isaba impande zombi guhagarika imirwano n’ubushotoranyi, kandi buri bamwe bakaguma mu bice bagenzura.

Ariko ibi ntibyubahirijwe kuko imirwano yarakomeje, kandi buri ruhande rushinja urundi gutangiza ibitero.

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka