sangiza abandi

Bwiza yageze muri Suède ateguza igitaramo cy’amateka

sangiza abandi

Umuhanzikazi Bwiza ukubutse mu bitaramo bya Tour du Rwanda Festival,  yamaze kugera mu Mujyi wa Stockholm muri Suède aho azataramira mu gitaramo gitangiza uruhererekane rw’ibitaramo ateganya gukorera hirya no hino ku Isi, amenyekanisha Album ye ya Kabiri  aheruka gusohora  yise “Home.”

Abinyujije kuri konti ye ya Instagram, ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 05 Werurwe 2026, Bwiza  yararikiye abakunzi b’umuziki we  kuzitabira iki gitaramo  ari benshi kuko azabasusurutsa bakanyurwa.

Ati “Stockholm igihe cyageze, nizere ko muzitabira muri benshi, igitaramo kizaba kiryoshye.”

Igitaramo Bwiza  azakorera  muri Suède, kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 07 Werurwe 2026 kizaba  gifite insanganyamatsiko  yo  kwizihiza umunsi Mpuzamahanga wahariwe Umugore ,wizihizwa tariki ya 08 Werurwe buri mwaka.

Uretse kuzirikana ndetse  no kwishimira uruhare rw’abagore mu iterambere ry’Isi muri rusange, iki gitaramo  kizatangirwamo ubukangurambaga ku kwirinda ndetse no kurwanya kanseri y’inkondo y’umura izwi nka “ Cervical Cancer” ihitana abagore 1000 ku munsi   ku Isi nkuko imibare ya   OMS ibigaragaza.

Bwiza ari mu bahanzikazi bamaze kugira izina rikomeye mu muziki Nyarwanda, azwi mu ndirimbo ze zitandukanye yakoze zirimo : Exchange, Ahazaza, OGERA, n’izindi nyinshi.

Bwiza yateguje igitaramo cyiza

Bwiza ategerejwe mu gitaramo kizabera muri Suède

Photos:

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka