sangiza abandi

Bwiza yasuye Ambasade y’u Rwanda muri Suède agirana ibiganiro na Amb. Dr. Diane Gashumba

sangiza abandi

Umuhanzikazi Bwiza kuri ubu uri kubarizwa i Stockholm muri Suède aho azataramira ku wa Gatandatu tariki ya 7 Werurwe 2026, yasuye Ambasade y’u Rwanda muri Suède,  agirana ibiganiro na Dr. Diane Gashumba , Ambasaderi w’u Rwanda muri Suède

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze zirimo : X , Facebook na Instagram, Bwiza yatangaje ko yishimiye guhura na Amb. Dr. Gashumba aboneraho gutumira abakunzi b’indirimbo ze kuzitabira igitaramo ari benshi kuko kizaba ari igitaramo cy’amateka.

Ibiganiro Bwiza yagiranye na Ambasaderi Dr. Diane Gashumba byibanze ku mishinga y’umuziki uyu muhanzikazi ateganya gukorera muri Suède ndetse n’uko umuziki w’abahanzi Nyarwanda  wakomeza kwifashishwa mu guhuza Abanyarwanda baba muri Suède n’i Burayi no gukomeza kubakundisha Igihugu cyabo.

Bwiza wageze i Brussels ku wa Gatatu tariki ya 04 Werurwe 2026, ategerejwe mu gitaramo azakorera ahitwa BOULEBAR HAGA-Solna, i Stockholm muri Suède.

Iki cyikaba ari cyo gitaramo  kibimburira uruhererekane rw’ibitaramo ateganya gukorera hirya no hino ku Isi, amenyekanisha Album ye ya Kabiri  aheruka gusohora  yise “Home.”

Igitaramo Bwiza  azakorera  muri Suède, kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 07 Werurwe 2026 kizaba  gifite insanganyamatsiko  yo  kwizihiza umunsi Mpuzamahanga wahariwe Umugore ,wizihizwa tariki ya 08 Werurwe buri mwaka.

Uretse kuzirikana ndetse  no kwishimira uruhare rw’abagore mu iterambere ry’Isi muri rusange, iki gitaramo  kizatangirwamo ubukangurambaga ku kwirinda ndetse no kurwanya kanseri y’inkondo y’umura izwi nka “ Cervical Cancer” ihitana abagore 1000 ku munsi   ku Isi nkuko imibare ya   OMS ibigaragaza.

Bwiza ari mu bahanzikazi bamaze kugira izina rikomeye mu muziki Nyarwanda. Uyu mukobwa w’imyaka 27 y’amavuko  azwi mu ndirimbo  zitandukanye yakoze zirimo : Exchange, Ahazaza, OGERA, n’izindi nyinshi.

AMAFOTO

Photos:

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka