sangiza abandi

Gen Muhoozi yavuze ko UPDF ishobora kwinjira mu ntambara imirwano niramuka yubuye

sangiza abandi

Umugaba mukuru w’Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko mu gihe intambara izaba yongeye kubura hagati y’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 niza Congo FARDC ingabo abereye umuyobozi zizayinjiramo.

Muhoozi akoresheje urubuga rwa x, yasohoye ubutumwa agira ati: “Intambara niyongera gukomera mu burasirazuba bwa RDC, ntituzongera gushidikanya n’umunota umwe kurinda inyungu zacu nk’igihugu. Kutagira uruhare kw’akarere mu biganiro by’i Doha byabaye ikosa.”

Ibi akaba abitangaje mu gihe umwuka w’intambara hagati ya AFC/M23 n’Ingabo za RDC ukomeje gututumba, kuko buri ruhande rushinja urundi gutegura kurugabaho ibitero.

Binavugwa kandi ko iyi ntambara ishobora kubura umwanya uwo ari wo wose kubera ibiganiro by’i Doha muri Qatar bitabaye nkuko byari biteganyijwe kuba ku itariki 08/08/2025.

AFC/M23 ivuga ko ingabo za Leta nyinshi zikomeje koherezwa mu bice bitandukanye, mbere yo gutangira kuyigabaho ibitero.

Inavuga ko ihuriro ry’ingabo za Congo zimaze iminsi zigaba ibitero mu duce dutuwe cyane n’abaturage b’abasivili.

Ku rundi ruhande na FARDC yashinje M23 kuba imaze iminsi igaba ibitero ku bitero byayo muri Kivu y’amajyepfo na Kivu y’amajyaruguru.

Ubundi kandi imirwano ikomeye yabaye muri iki cyumweru gishize, hagati yizi mpande zombi muri Kivu yepfo.

Muhoozi watangaje ibi si bwo bwa mbere atangaza ko ingabo za Uganda zishobora kwinjira muri iriya ntambara.

Mu ntangiriro zuyu mwaka yari yabitangaje kandi avuga ko mu gihe imirwano ya M23 na FARDC izaba igeze mu mujyi wa Uvira atazazuyaza kwagura ibice zikoreramo, ashimangira ko afite abasirikare bahagije bo kuzabikora.

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka