sangiza abandi

Harimo no gufungwa amezi 6: Ibihano bishya ku batwara ibinyabiziga basomye ka manyinya

sangiza abandi

Itegeko rishya rigenga ikoreshwa ry’imihanda mu Rwanda ryemeje ko umuntu utwara ikinyabiziga yarengeje igipimo ntarengwa cya arukoro mu maraso aba akoze icyaha, ndetse ubihamijwe n’urukiko ahanishwa ihazabu itari munsi ya 100.000 Frw ariko itarenze 400.000 Frw n’igifungo kitari munsi y’amezi 3 ariko kitarenze amezi 6.

Bikubiye mu ngingo ya 37 y’Itegeko n° 014/2026 ryo ku wa 06/03/2026 rigenga ikoreshwa ry’umuhanda, ryasohotse mu Igazeti ya Leta idasanzwe
yo ku wa 10/03/2026.

Iri tegeko rigenga ikoreshwa ry’umuhanda
ryashyizweho hagamijwe gukumira impanuka zo mu
muhanda.

Abagenwa n’iyi ngingo ni abatwara abantu mu buryo bwa rusange, abatwara abanyeshuri, abatwarira abakozi hamwe, abatwara ba mukerarugendo n’abatwara imizigo irengeje toni 3,5.

Umuyobozi w’ikinyabiziga utavugwa hejuru usanganywe igipimo cya arukoro mu maraso gikubye nibura inshuro ebyiri z’igipimo ntarengwa, ahanishwa ihazabu itari munsi ya 200.000 Frw ariko itarenze 500.000 Frw n’igifungo kitari munsi y’amezi 3 ariko kitarengeje amezi 6 cyangwa kimwe muri ibyo bihano.

Iri tegeko rigena ko igipimo ntarengwa cya arukoro mu maraso ku muyobozi w’ikinyabiziga ari garama 0.80 muri litiro imwe y’amaraso.

Ingingo ya 38 y’iri tegeko, igaragaza ko umuyobozi w’ikinyabiziga wanga gupimwa arukoro mu maraso, aba akozeicyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko,
ahanishwa ihazabu itari munsi ya FRW 300.000
ariko itarenze FRW 600.000 n’igifungo kitari munsi y’amezi 3 ariko kitarenze amezi 6.

Icyakora, iri tegeko riteganya ko iyo umuyobozi w’ikinyabiziga atemeye ibyagaragajwe n’ipimwa ry’igipimo cya arukoro mu maraso no gupima mu mubiri ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo yakorewe, ashobora gusaba ko ipimwa rikorwa na laboratwari yemewe.

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka