Imirwano ikomeye yumvikanamo ibisasu bikomeye yongeye kubyuka mu masaha ya mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za Leta ya Congo, FARDC zifashijwe n’ingabo z’u Burundi.
Iyi mirwano yumvikanyemo ibisasu n’imbunda zikomeye yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 4 Ukuboza 2025, iri kubera muri Kivu y’Amajyepfo.
Ni mu gihe mu Kibaya cya Rusizi muri teritwari ya Uvira, hari hatangiye kuboneka agahenge, nk’uko bitangazwa na bimwe mu bitangazamakuru bikorera muri ibyo bice.
Maisha Patrick, umunyamakuru wa Shene ya Youtube ya BingwaPlus, yatangaje ko nubwo bari baraye bumva hatuje, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane hongeye kwaduka imirwano ikomeye.
Ati “Imbunda zongeye guturika hano iwacu.Turimo kumva amabombe n’ibisasu biremereye biva ku misozi ya Rubarika bikagwa Kamanyola.”
Iyi mirwano yongeye kwaduka nyuma y’intambara yatangiye ku wa Kabiri, hagati ya AFC/M23 n’ingabo za Leta ya RDC (FARDC) zifatanyije n’ingabo z’u Burundi, inyeshyamba za FDLR ndetse na Wazalendo.
Iyi ntambara kandi ishobora gukomeza kwaguka, kuko AFC/M23 imaze kwigarurira ibice bitandukanye birimo Miti, Mbili, igice cya Rubarika n’imisozi ya Luvungi, aho iyi misozi ari ingenzi mu mirwano.
Abatuye mu gace k’iki kibaya cya Rusizi barasaba ubutabazi, mu gihe impungenge ku buzima n’umutekano w’abaturage zikomeje kwiyongera.
Mu mirwano yabaye ku wa Gatatu, hagati ya saa kumi nimwe na saa kumi n’ebyiri ku mupaka wa Kamanyola-Bugarama, u Rwanda rwakiriye abanyekongo 199 bahunze imirwano iri kubera muri Kivu y’Amajyepfo hafi y’uyu mupaka.



