Ambasade y’u Rwanda muri Qatar yatangaje ko serivisi yari isanzwe itanga zimuriwe mu buryo bw’ikoranabuhanga (online) kubera ibibazo by’umutekano muke bimaze iminsi mu Burasirazuba bwo hagati.
Ni impinduka zatangajwe binyujijwe mu itangazo ryashyizwe ku rubuga rwayo rwa X, kuri uyu wa 4 Werurwe 2026.
Ambasade y’u Rwanda muri Qatar yagize iti “ Kubera ibibazo by’umutekano bihari muri iyi minsi, Ambasade y’u Rwanda i Doha iri gukora mu buryo bw’ikoranabuhanga (online).”
Yavuze ko nubwo bimuriye serivise zabo mu buryo bwa online izakomeza gufasha abayikeneye bose.
Uyu mwanzuro kandi Ambasade y’u Rwanda muri Qatar iwufashe mu gihe Iran ikomeje kugaba ibitero byo mu kirere kuri Qatar, biturutse ku kuba Iran ivuga ko Doha icumbikiye ibirindiro by’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse ubusanzwe bikaba ari ibihugu bitumvikana.
Ibi bibaye nyuma y’ibitero byatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026 bya Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bagabye kuri Iran na yo igasubiza ibyo bitero ku bihugu byegeranye birimo nayo birimo Qatar, Kuwait, Syria na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE).
Ibyo bihugu byahise bifunga ikirere cyabyo, kuko zimwe muri misile na drones bya Iran byerekeza muri Israel bikinyuramo, ibindi bikaraswa ku bikorwaremezo byabyo ndetse ibigo bitandukanye byo muri Qatar birimo na Sosiyete ikora ingendo zo mu kirere ya Qatar Airways byabaye bihagaritse imirimo.
📢 Official notice: The Embassy of Rwanda in Doha is operating online due to the current security situation.
— Rwanda Embassy in Qatar (@RwandainQatar) March 4, 2026
For inquiries or emergencies, call:
+974 51070037 / +974 66286011 / +974 50200376 or email [email protected]. pic.twitter.com/Ne59acq9Wa



