sangiza abandi

M23 yateye utwatsi ibyo kongera gusubira inyuma

sangiza abandi

Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ritazongera gukora ikosa ryo kwemera ko ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC) zisubira mu bice ryavuyemo, nk’uko byari byasabwe n’abategetsi ba Leta zunze ubumwe za Amerika.

Tariki ya 17 Ukuboza 2025, AFC/M23 yavanye ingabo zayo mu mujyi wa Uvira, yari imaze iminsi umunani iwigaruriye, nyuma yo kurwana n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC), abarwanyi ba FDLR, ingabo z’u Burundi ndetse na Wazalendo.

Bertrand Bisimwa, Perezida w’umutwe wa M23 akaba ’Uumuhuzabikorwa wungirije w’ihuriro AFC, yabwiye itangazamakuru ko gufata Uvira byari igikorwa cyo gutabara abaturage bo muri uwo mujyi, bari bamaze igihe batotezwa.

 “Muri Uvira, harimo politiki yo gutoteza abaturage hashingiwe ku moko no kw’isura y’abantu. Abasivili barashimutwaga, bakicwa, ndetse bakameneshwa n’imitwe yitwaje intwaro ishyigikiwe na Leta.”

Bisimwa yakomeje asobanura ko ingabo za “Wazalendo” hamwe na Leta, zafatanya n’ingabo z’u Burundi mu gufata bugwate Abanyamulenge no gufungira abatuye Minembwe amasoko.

Ati “Mu mezi abiri, nta kintu na kimwe cyinjiraga cyangwa ngo gisohoke muri Minembwe. Banakoresheje drones mu kwica abantu. Byari ibintu bidashobora kwihanganirwa.”

Yavuze ko kuva muri Uvira byari byasabwe n’abategetsi ba Amerika kugira ngo ibiganiro bya Doha bisubukurwe, ariko byari ngombwa kubamenyesha ibyabaye mbere.

Yakomoje ku rugero rwa Walikale, aho AFC/M23 yavuye ku bushake, ariko ingabo za Leta zikaza zikica abasivili zisigaye, zikanakoresha drones mu kwica abari basigaye.

Ati “Twabwiye Abanyamerika ko tutazongera gukora iryo kosa. Nituramuka dusubiye inyuma, hagomba gushyirwaho ingabo zidafite aho zibogamiye zo kurinda abaturage bacu.”

Yanavuze ko ingabo za EAC (Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba) zishobora kongera koherezwa kugira ngo zirinde Uvira ndetse zifashe mu gusubukura ibiganiro, n’ubwo Kinshasa yaba itabyemera.

Ati “Ni ingabo ziri hafi yacu kandi ibihugu bya EAC bigirwaho ingaruka n’iyi ntambara kuko ari byo byakira impunzi zacu. Zashobora kurinda Uvira no gutuma ibiganiro bikomeza.”

M23 yafashe icyemezo cyo kuva Uvira nyuma y’igitutu cy’amahanga ndetse bisabwe n’umuhuza mu biganiro uyu mutwe urimo na leta ya Congo ari we Amerika.

Photos:

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka