sangiza abandi

Umuyobozi muri Amerika yanenze Felix Tshisekedi n’igisirikare cya FARDC

sangiza abandi

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika wungirije ushinzwe umugabane w’Afurika, Tibor Nagy yanenze igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC na Perezida Felix Tshisekedi, ku ngendo nyinshi akora mu mahanga mu gihe abaturage bo mu gihugu cye bicwa umunsi ku wundi.

Atangaje ibi mu gihe Perezida Felix Tshisekedi yari asoje urugendo yari yagiriye i Astana muri Kazakhstan.

Tibor Nagy abinyujije ku rukuta rwe rwa x, yagize ati: “Ni igisebo gikomeye uko ingabo za Congo zandagajwe na M23, none izo ngabo kandi ntizishoboye kurinda abaturage b’inzirakarengane bo mu duce dutuwe tubarizwamo inyeshyamba za ADF zikorana byahafi na ISIS.”

Yakomeje avuga ko na perezida Felix Tshisekedi aho gusura abaturage bo mu Burasirazuba bw’iki gihugu cye bicwa umunsi ku wundi, ahubwo yihitiramo kugirira ingendo mu bihugu bya kure.

Ati: “Tshisekedi ari kuzunguruka Isi iyo za Kazakhstan n’ahandi, mu gihe yagasuye abo mu Burasirazuba bwa RDC bari mu bibazo byo kwicwa.”

Tiboy Nagy atangaje ibi mu gihe umutwe wa ADF uheruka kugaba igitero muri teritware ya Lubero, wica abantu barenga 100, abandi babarirwa 144 baburirwa irengero.

Abarwanyi ba Allied Democratic Force (ADF) bongeye kwibasira abasivili mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa mbere tariki 15 Nzeri 2025, i Mbau, mu gace ka Beni, mu Majyaruguru ya Kivu bahitana abasivili bane.

Sosiyete Sivile ya Beni ivuga ko bishwe barashwe, ndetse ko bahise banasahuye amazu y’ubucuruzi n’ikigo nderabuzima, banatwika amazu y’abaturage.

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka