sangiza abandi

Uwahoze ari Minisitiri muri RDC yagaragaye muri AFC/M23 afite imbunda

sangiza abandi

Daniel Paluku Kisaka wahoze ari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku butegetsi bwa Joseph Kabila yagaragaye yambaye umwambaro wa gisirikare wa AFC/M23, afite n’imbunda.

Mu cyumweru gishize nibwo byamenyekanye ko Daniel Kisaka yinjiye mu ihuriro rya AFC/M23, nyuma yaho yari amaze gutanga ubutumwa agaragaza ko yinjiye muri iri huriro rirwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.

Hongeye gutangwa n’ubundi butumwa bwinshi ku mbuga nkoranyambaga bumuvugaho bunamugaragaza yambaye umwambaro w’igisirikare cya AFC/M23.

Daniel Paluku Kisaka yagaragaye mu bice byo muri Teritwari ya Lubero ituwe n’abo mu bwoko bw’aba Nande akaba yari yagiye mw’icengezamatwara rya AFC/M23.

Paluku wiyunze kuri AFC/M23 aje akurikira abandi bayobozi batandukanye n’abo babaye muri guverinoma ya Kinshasa, haba kubwa Joseph Kabila ndetse no kuri Felix Tshisekedi wamusimbuye ku buyobozi.

Ubundi na Joseph Kabila ubwe wayoboye iki gihugu imyaka 18, mu ntangiriro z’uyu mwaka ari mu baje mu bice byafashwe niri huriro rya AFC/M23.

Mu busanzwe AFC/M23 ivuga ko izashyirwa ari uko ishyize akadomo ku butegetsi bw’i Kinshasa, ndetse imaze kwigarurira ibice byinshi byo muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru, birimo umujyi wa Goma n’uwa Bukavu n’ibindi bice bikomeye byo muri izi ntara ziherereye mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka