sangiza abandi

Muyaya yamaganye ibyo kwibasira abavuga igiswahili muri RDC

sangiza abandi

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko irimo kwibasira abasirikare bakuru mu ngabo za FARDC bakomoka mu ntara zivuga ururimi rw’igiswahili.

Ibi ni ibyatangajwe na Minisitiri w’itangazamakuru n’umuvugizi wa Leta y’iki gihugu, Patrick Muyaya, wavuze ko nta gukurikiranwa kwihariye kwakozwe kuri aba ba ofisiye ba FARDC, yamagana icyo yise gushaka kubiba nkana amacakubiri mu baturage ba Congo.

Minisitiri Muyaya agaragaza ko kuba uri ofisiye uvuga ururimi rw’igiswahili bitavuze ko byabuza umuntu gukurikiranwa bibaye ngombwa.

Ati “Hariho kugerageza nkana kubiba amacakubiri, kugira ngo abantu bemere ko hari ugukurikiranwa kwihariye kuri ba ofisiye bavuga ururimi rw’igiswahili. Ariko, kuba bavuga igiswahili ntibivanaho umuntu gukurikiranwa mu gihe yakoze ibidakwiye.”

Muyaya yanavuze ko muri iki gihe abantu bakwiye kwirinda amagambo y’ivangura, ati “Nifuzaga ko mwese mwabihagurukira nk’abantu mukunda igihugu dufatinyirize hamwe gukumira ko ayo magambo yivangura abaho kuko ari byo umwanzi ashakisha uko byagenda kose kugira ngo adutandukanye, kugira ngo yemeze ko hari ibibazo mu baturage.”

Leta ya RDC itangaje ibi nyuma y’aho imiryango Mpuzamahanga Iharanira Uburenganzira bwa muntu yashinjaga Leta y’i Kinshasa kwibasira abasirikare ba FARDC bakuru, bavuga ururimi rw’igiswahili.

Bivugwa ko kugeza ubu abajenerali 29 muri bo bamaze gutabwa muri yombi, ndetse bakaba bafungiwe ahatazwi, kandi ibyo bafungiwe ntibizwi, akaba aribyo baheraho bavuga ko bashobora kuba bazira inkomoko yabo.

Photos:

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka