Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, yari mu bakuru b’ibihugu na za guverinoma bakiriwe na Perezida Joe Biden, ubwo bari bitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye.
Uyu muhango wabereye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahateraniye Inama y’Inteko Rusange ya Loni.
Minisitiri Nduhungirehe abinyujije ku rukuta rwa X yagize ati “ Ku wa 25 Nzeri 2024 nitabiriye umusangiro wateguwe na Perezida Joe Biden n’umufasha we Madamu Jill Bien i New York, aho bakiriye abakuru b’ibihugu n’abayoboye amatsinda ahagarariye ibihugu bitabiriye Inteko Rusange ya Loni ya 79.”
Abakuru b’ibihugu n’aba za guverinoma, n’abayobozi bahagarariye abakuru b’ibihugu bose bitabiriye inama bari batumiwe uretse Minisitiri w’Intebe wa Georgia, Irakli Kobakhidze ubutumire bwe bwahise bukurwaho.





