sangiza abandi

Col Kaina umuyobozi wa CNLC yasabye Tshisekedi kwegura

sangiza abandi

Col Innocent Kaina umuyobozi w’umutwe wa gisirikare wa Coalition National Pour la liberation du Congo, ugamije gukuraho ubutegetsi bwa RDC, yasabye perezida Felix Tshisekedi guhita yegura.

Ibi yabinyujije mw’itangazo ry’umutwe ayoboye CNLC yashyize hanze kuri uyu wa kabiri tariki ya 17 Kamena 2025.

Col.Kaina wahoze muri M23 ndetse akaba yarabaye mu buyobozi bwayo, yashinje perezidansi ya Congo n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe n’Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu kwikubira 80% by’amafaranga yose y’ingengo y’imari y’igihugu, asobanura ko bituma abanye-Congo bisanga mu bukene, kuko imishinga yakabateje imbere yose idindira igitangira.

Yavuze kandi ko ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi, bwamunzwe na ruswa no kunyereza umutungo w’igihugu.

Yashinje kandi ubutegetsi bwa Kinshasa yise ko bugendera ku moko kuba ahubwo bwifashisha imitwe yitwaje intwaro mu nyungu z’abanyapolitiki.

Kaina yakomoje no ku mutekano muke uri mu burasizuba bwa Congo, ahari abaturage barenga miliyoni 5 bo mu ntara za Tanganyika, Manyema, Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Epfo na Ituri kuba barakuwe mu byabo kubera imitwe yitwaje intwaro.

Avuga ko Tshisekedi nk’umugaba w’ikirenga w’ingabo za Congo ntacyo yigeze akora ngo akumire Jenoside n’ubwicanyi bukorwa n’imitwe nka CODECO, FDLR, Mai Mai na Wazalendo.

Col.Kaina yashyize yashyize mu majwi abandi barimo guverineri w’intara ya Ituri, Lt.Gen Nkashama John Luboya yashinje kubangamira uburenganzira bw’ikiremwamuntu no kuba yarigeze gushyingura abantu 57 bo mu bwoko bw’Abahema.

Ni muri urwo rwego Col.Kaina asaba perezida Felix Tshisekedi kwegura mu maguru mashya, kubera ko atabashije kubahiriza inshingano ze zo kurinda umutekano w’igihugu.

Mu mpera z’ukwezi kwa gatatu uyu mwaka ni bwo Col.Kaina yatangaje ku mugaragaro ko yashinze umutwe wa CNLC ugamije gukuraho ubutegetsi bwa RDC ashinja kutarazwa ishinga n’imibabaro abanyekongo baterwa n’imiyoborere mibi idashingiye ku ndangagaciro.

Photos:

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka