sangiza abandi

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yitabiriye ibirori byo kwizihiza ubwigenge bwa Lesotho

sangiza abandi

Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente yitabiriye umuhango wo kwizihiza Imyaka 200 Ubwami bwa Lesotho bubayeho n’imyaka 58 bumaze bubonye ubwigenge.

Muri ibi birori, Minisitiri Dr. Ngirente yahagarariye Perezida Paul Kagame mu birori byabereye muri Stade ya Setsoto, bikarangwa n’ibikorwa birimo akarasisi ka gisirikare ndetse n’ubutumwa bwatanzwe n’abayobozi batandukanye bitabiriye.

Lesotho ni Ubwami bufite umwihariko wo kuba buzengurutswe na Afurika y’Epfo. Ni igihugu gituwe n’abaturage bake, batarenze miliyoni eshatu, kikagira ubukungu bushingira ku buhinzi n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Umubano w’u Rwanda na Lesotho watangiye mu 1983, ukaba ushingiye ku bwubahane n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Ubwami bwa Lesotho bwashinzwe n’Umwami Moshoeshoe I mu myaka 200 ishize, bukaba bwararanzwe n’amahoro n’umutekano mu bihe bitandukanye kugeza n’ubu.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]