sangiza abandi

M23 yamaganye Human Right Watch yayishinje kwica abasiviri

sangiza abandi

Ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryamaganye Umuryango uharanira uburenganzira bwa Muntu (Human Right Watch) yasohoye raporo iyishinja kwica abasivili barenga 140 mu bice byegereye pariki y’igihugu ya Virunga.

Binyuze mu cyegeranyo cyashyizwe hanze na Human Right Watch, kuri uyu wa gatatu tariki ya 20 Kanama 2025, uyu muryango uvuga ko abaturage biganjemo abo mu bwoko bw’Abahutu biciwe mu midugudu 14 iherereye muri gurupema ya Binza muri teritwari ya Rutshuru, hagati ya tariki ya 10-30 Nyakanga 2025, kandi ngo bikekwa ko bishwe mu gihe AFC/M23 yahigaga abarwanyi ba FDLR.

Iyi raporo ya HRW ivuga ko abantu 141 bishwe na AFC/M23, inavuga ko uyu muryango wabonye urutonde rw’abantu 141 baba barishwe, cyangwa se baraburiwe irengero.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, cyo kuri uyu wa gatanu, tariki ya 22 Kanama 2025, Umuyobozi wa M23, Bertrand Bisimwa yavuze ko bamagana ibyatangajwe muri iyi raporo ya HRW, ndetse ko ari ibinyoma bidafite ukuri.

Ati” Turamagana Umuryango wa Human Rights Watch, akanama k’impuguke ka ONU n’ibiro by’umuryango w’Abibumbye bishinzwe uburenganzira bwa kuntu kubera gukwirakwiza ibinyoma binyuze mu ma raporo agamije kwangiza isura ya AFC/M23”

Akomeza anenga iyi Miryango yahisemo gushyigikira leta ya RDC, bo bavuga ko yirengagije abaturage bayo.

Ati “Iyi miryango iba irimo gushyigikira leta yataye abaturage bayo ikigira gukorana n’abicanyi, twiteguye gukorana n’abazifuza gukora iperereza kugirango ukuri kujye ahabona”

Ubutumwa bwa Bisimwa bukurikira ubwari bwatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka wavuze ko HRW yashinjije AFC/M23 kwica abantu nyamara itarigeze yohereza abantu bayo mu bice birimo Nyamilima, Kiseguru, Kasave na Rubare ahavugwa gukorerwa ubwo bwicanyi kugira ngo basuzume niba amakuru bahawe ari impamo.

Uyu muryango wasobanuye ko iyi raporo ishingiye ku biganiro bya telefone yagiranye n’abatangabuhamya 25 barimo abakora mu Miryango Iharanira Uburenganzira bwa muntu, gusa Kanyuka avuga ko aba bantu ari abahezanguni bazwi ndetse n’abakozi ba Leta ya Kinshasa.

Lawrence Kanyuka avuga ko abayobozi bo muri HRW baragaragaye bifotozanya n’umuvugizi wa Leta ya RDC yise ‘Umuhezanguni ruharwa w’iyi Leta’, Patrick Muyaya, ari ibimenyetso cyo kubogama k’uyu muryango.

Kanyuka avuga ko igice cya Virunga gikoreramo imitwe yitwaje intwaro myinshi irimo uwa FDLR, Nyatura, PARECO ikorana bya hafi n’Ingabo za RDC, yagiye ikora ibyaha byinshi mu bihe bitandukanye, bityo ko kudashaka kumenya niba hari uruhare yagize mu bwicanyi bivugwa ari ukundi kubogama.

Umutwe wa AFC/M23/MRDP wasoje uvuga ko HRW yahindutse igikoresho cya Leta ya RDC, kuko ngo ibiri muri iyi raporo biri mu murongo wayo.

Photos:

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka