sangiza abandi

Mu Bugesera hatangirijwe uburyo bwo kurwanya Malariya  hifashishijwe ‘Drone’

sangiza abandi

Ikigo cy’Ubuzima,RBC, ku bufatanye n’Akarere ka Bugesera, bakoze igikorwa cyo gutera imiti yica imibu hifashishijwe utudege duto tutagira abapiloti tuzwi nka drone  mu bishanga byo muri aka karere, hagamijwe kurandura Malariya.

Ni igikorwa cyabaye kuwa 29 Kanama 2025, kibera mu Murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera, kitabirwa n’abayobozi batandukanye bo mu karere ndetse n’abo mu Kigo cya RBC.

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard avuga ko iki gikorwa ari kimwe mu buryo bushya aka karere kiyemeje mu kurandura Malaria ikunze kwibasira abaturage.

Ati “ Malariya ni imwe mu ndwara zitwara ubuzima bw’abaturage bacu. Hagiye hakorwa byinshi kugira ngo turwanye Malariya kandi nkuko tubizi iterwa n’ubu. Ubu rero intambara yose turwana ni ukwica uwo mubu, ni ukuwubuza kororoka , ni ukuwubuza kugera mu baturage bacu.”

Meya Mutabazi asaba abaturage kurara mu nzitiramibu buri joro kandi bagakuraho ibintu byose bituma imibu yororoka.

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera avuga kandi ko kwifashisha drone bizahindura byinshi

Ati “ Icyo iza guhindura aho dufuhira,aho twica imibu,akenshi tuyica yamaze gukura.Yaba gufuhera mu nzu, iyo tuvuze inzitiramibu ni ukugira ngo wirinde umubu wakuze ariko ubu turashaka gukoresha drone kugira ngo umubu tuwusange aho wororokera mu bishanga n’ahandi hanyuma tuyice itarakura. Tugiye gukoresha ikoranabuhanga mu kurwanya malariya.

Umuyobozi Ushinzwe Ishami rishinzwe kurwanya Malaria mu kigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima,RBC, Dr Mbituyumuremyi Aimable, avuga ko mu guhitamo uyu murenge iki gikorwa cyabereyemo ari uko ubushakashatsi bwagaragaje ko ari ho hakunze kugaragara Malariya kuko hari igihshanga.

Ati “ Ubu Minisiteri y’Ubizima ishyize imbere uburyo bwo kwirinda.Kwirinda murabizi ko dukoresha inzitiramibu ,tugakoresha no gutera imiti imbere mu nzu. Ariko ubwo buryo  bureba imibu iguruka yageze iwacu. Ariko aho yororokera nta buryo bwari buhari kugira ngo tuyirwanye. Aha mu Murenge wa Ruhuha twahakoreye ubushakashatsi 2015, tuza gusanga yuko imibu yororokera mu bishanga by’imiceri ariko ikanororokera no mu ngo,ahantu hose hareka amazi.”

Yakomeje ati “ Iyi drone rero izadufasha gukora vuba twihuse , izadufasha ku buryo twatera ahantu hanini hari amazi  kuko zizajya zibanza zirebe ahantu hose hari amazi,hanyuma ziduhe amakuru aho hantu hose , mu cyumweru gikurikira dutegure uburyo kurwanya imibu .”

Yavuze ko hazanakorwa ubukangurambaga mu baturage bugamije kubahwitura mu kwirinda malariya.

Iki gikorwa cyo gutera imiti yica imibu itera Malariya n’amagi yayo, hifashishijwe Drones bizakorwa mu Karere hose ariko ku kubitiro bihereye mu Mirenge igaragaramo cyane indwara ya malariya.

Akarere ka Bugesera ni kamwe mu turere tugaragaramo Malariya.

Muri uku kwiyongera,akarere ka Bugesera kari mu turere 15 twagaragayemo Malariya . Mu Ukwakira 2024 gusa, abarwayi ba malaria bagera ku 112000 babonetse, 52% muri abo baturuka mu turere twa Gisagara,Bugesera,Gasabo ,Kicukiro ,Nyanza ,Nyamasheke na Nyagatare.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]